00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruhango: Ubuzima bw’aborozi bukomeje guhinduka kubera amakusanyirizo

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 3 November 2023 saa 07:04
Yasuwe :

Aborozi b’inka bo mu mirenge ya Bweramana, Kinihira na Kabagari barishimira ikusanyirizo ry’amata MCC(Milk Collection Centre) begerejwe kuko ryazamuye agaciro k’umukamo wabo.

Iri kusanyirizo rya Buhanda rihuriweho n’imirenge itatu. Aborozi barigemuraho bavuga ko ryazamuye agaciro k’umukamo wabo ndetse bizanamura umwuga w’ubworozi bakora.

Bizimana Eliezer wororera mu mudugudu wa Wimana, Akagari ka Kirwa, Umurenge wa Kinihira, avuga ko iyi MCC begerejwe yazamuye urwego rw’ubworozi bwabo kuko ibafasha gushaka imbuto nziza z’ubwatsi.

Ati “Iri kuzanyirizo ryatugiriye umumaro munini cyane kuko twabonye aho tugurisha umukamo w’amata ndetse no kukijyane no guhinga ubwatsi badufasha kubona imbuto nziza mu buryo bworoshye’’.

Umuyobozi wa MCC-Buhanda rigemuraho aborozi 45, Kabungo Jason, avuga ko iri kusanyirizo ryazamuye ubworozi bwo muri aka gace ndetse bikongera n’umukamo ku buryo bugaraga kuko babonye isoko.

Kabungo akomeza avuga ko iri kusanyirizo ryavutse bikomotse ku kwishyira hamwe kw’aborozi, batabonaga aho bagurisha umukamo wabo.

Yagize ati “Umworozi ukeneye umuganga w’inka ye biramworohera kuko ikusanyirizo rimufasha kumubonera n’ukeneye guteza intanga turamukopa, akazishyura mu mata yagemuye. Ibi byose byongera agaciro k’umworozi’’.

Umuyobozi w’akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Rusiribana Jean Marie Vianney, yavuze ko iri kusanyirizo ryagize umumaro kuko ryatumye aborozi babona isoko ry’amata ribegereye, nayo rikayagurisha uruganda Nyanza Industries.

Akomeza avuga ko kndi ryanabateye ingabo mu bitugu mu kuborohereza kubona ubuvuzi bw’amatungo yabo ndetse n’amahugurwa.

Uyu muyobozi akomeza asaba aborozi bose kwita ku matungo yabo bakayorora kinyamwuga kugira ngo n’umukamo wiyongereye biteze imbere.

Iyi MCC ya Buhanda ifite ubushobozi bwo gukusanya litiro 4400 ku munsi,ikayagemura ku ruganda rw’amata rwa Nyanza, rwahoze rwitwa Laiterie de Nyabisindu.

Bafite ibikoresho bibika amata bigezweho agakomeza gukonja
Abakusanya amata bayakura mu baturage abenshi bita 'abacunda' bayatwara mu bicuba biyarindira ubuziranenge
MCC ya Buhanda yazamuye agaciro k'umukamo w'abatuye mu gace iherereyemo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages