Stade Amahoro ni kimwe mu bikorwaremezo bifite amateka akomeye mu Rwanda cyane ko yakiriye Imikino itandukanye yaba iyo ku rwego rw’igihugu ndetse n’iyo ku rwego Mpuzamahanga.
Ibikorwa stade amahoro yakiriye ntibigarukira ku mikino gusa, kuko byageze no muri politike iberamo ibirori bitandukanye nk’ibyo kwibohora, kurahira kwa Perezida wa Repubulika n’ibindi.
Iyi stade kandi izwiho amateka akomeye kuko mu 1994 gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yahungiyemo abaturutse hirya no hino mu Mujyi wa Kigali.
Muri Gashyantare 2022 nibwo Leta y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cyo kuvugurura iyi stade kugira ngo ishyirwe ku rwego Mpuzamahanga ndetse irusheho kujyanishwa n’igihe.
Uretse kuba stade amahoro ari igikorwaremezo gikomeye mu bijyanye na siporo, ni n’ishoramari rikomeye u Rwanda rwakoze kuko byitezwe ko izafasha igihugu kwinjiza amadovize binyuze mu kwakira ibikorwa Mpuzamahanga bitandukanye.
Ni nk’uko bimeze kuri BK Arena nayo iri muri uyu mushinga wakozwe nk’icyiciro cya mbere cyarangiye, nkuko byasobanuwe na Aloys Mpambara, umukozi ushinzwe ibikorwaremezo bya siporo muri Minisiteri ya siporo.
IGIHE yasuye iyi stade habura amasaha make ngo isogongezwe abanyarwanda, mu kwerekana mu buryo bw’amashusho imirimo ikomeye y’amavugurura yayikozweho.
Ni stade ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 45, yubatse ku buso bwa metero kare ibihumbi 75. Uburebure bw’inyubako kuva hasi ukagera hejuru ni metero 40.
AMASHUSHO:
Tujyane muri Stade Amahoro ivuguruye pic.twitter.com/OD7wliVWpD— IGIHE (@IGIHE) June 14, 2024
Amafoto na Video



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!