00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko ubushakashatsi bushingiye kuri siyansi mu buhinzi bwavuyemo ubushabitsi bukomeye bikozwe n’urubyiruko

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 25 July 2024 saa 10:31
Yasuwe :

Urwego rw’ubuhinzi mu Rwanda rurimo guhinduka bidasanzwe. Nta bandi bayoboye izi mpinduka uretse urubyiruko rwaretse imyumvire ishaje ivuga ko ubuhinzi ari umwuga w’abakuze ndetse n’ababuze imirimo.

Binyuze mu cyo rwise “Agrireaserch Unguka”, urubyiruko rwatangiye ubushakashatsi n’iyamamazabuhinzi bishingiye kw’isoko, cyahinyuje iyi myumvire.

Binyuze mu guhanga udushya n’ikoranabuhanga ritandukanye rifasha gukora ubuhinzi bwa kijyambere buhangana n’imihindagurikire y’ikirere, uru rubyiruko rwihuje rumaze no kwegukana ibikombe by’ubushakashatsi mu buhinzi n’ubworozi n’ibindi bitandukanye.

Kuri ubu, uru rubyiruko ruherutse gushyira ahagaragara santere ya mbere mu Rwanda ihuza ubushakashatsi n’ubushabitsi no guhanga udushya bibungabunga ubutaka ndetse no gusigasira no gufata neza umusaruro, iyo rwise mu rurimi rw’Icyongereza “Agricultural Green Research and Innovation Park Initiative (AGRIPI)”.

Usanase Abdu washinze akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Agrireasearch Unguka, yagize ati “Ni ihuriro twatangiye rigomba kuba igicumbi cy’udushya duteza imbere ubuhinzi no kubungabunga ibidukikije mu Rwanda no hanze yarwo”.

Umuyobozi Mukuru wa AGRIPI, Nsengiyumva Samuel abajijwe ku by’iri huriro, yavuze ko ibisubizo birambye bizafasha abahinzi kongera umusaruro no kurinda iyangirika ryawo. Ati “Ni ukugira ngo tuzabe tukibasha kwihaza mu biribwa mu 2050.’’

Yavuze iki gitekerezo bakigize bashaka santere ihuza abashakashatsi, abahinzi, ba rwiyemezamirimo, kaminuza n’ibigo bya leta byose bikubiye mu cyitwa “Public Private Academic Partnership”.

Nsengiyumva yemeza ko bamaze gukora ubushakashatsi ku kamaro k’ubuhinzi bubungabunga ubutaka ku bihingwa birimo, ibirayi, ibishyimbo ndetse n’ibigori harebwa uburyo bwo gusubirana umwimerere w’ubutaka hongerwa n’umusaruro mu buryo burambye.

Hari n’ubushakashatsi buri gukorwa kandi ku bijyanye n’amoko atandukanye y’ifumbire z’imborera ndetse n’akorwa hifashishijwe iminyorogoto.

Abatangiye guhugurwa bazahabwa amasomo y’igihe cy’amezi atandatu azabafasha kwagura imishinga yabo babifashijweho n’abatoza bafite ubunararibonye mu bigendanye no gufasha imishinga y’urubyiruko ndetse n’ubuhinzi burambye bubungabunga ubutaka.

Muri iki gihe cy’amezi atandatu, uru rubyiruko kandi ruzahuzwa n’ibigo by’imari ndetse n’abandi bafatanyabikorwa kugira ngo rutangire ishyira mu bikorwa ry’imishinga yabo. Buri wese azahabwa miliyoni 1 Frw yo gutangira umushinga we.

Urubyiruko ruri guhugurirwa muri AGRIPI
Urubyiruko ruri guhugurirwa muri iyi gahunda ruri kwiga ibigendanye n'ubuhinzi bubungabunga ubutaka
Ubushashatsi buri gukorwa ku ifumbire y'iminyorogoto (Vermicomposting) binyuze muri iyi sentre y'ubushakashatsi
Mukabunane Vestine ni umwe mu rubyiruko ruri guhugurirwa mu irerero rya AGRIPI
Umuyobozi Mukuru wa Agriresearch, Abdu Usanase yavuze ko biteze byinshi bijyanye no guteza imbere ubuhinzi mu gihe kiri imbere
Umuyobozi Mukuru wa AGRIPI, Nsengiyumva Samuel
Abitabiriyi gahunda yo gushyira ahagaragara Irerero ry'abakiri bato ry'imishinga ibungabunga ibidukikije

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages