00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muri 2011 BK yungutse Miliyari 8.7

Yanditswe na

Rachel Mukandayisenga

Kuya 4 April 2012 saa 12:34
Yasuwe :

Banki ya Kigali iratangaza ko mu mwaka ushize wa 2011 yungutse amafaranga y’u Rwanda miliyari 8.7 mu gihe umwaka wa 2010 yari yungutse miliyari 6.2.
Ubuyobozi bw’iyi banki butangaza ko ubwiyongere bw’inguzanyo zitangwa n’ubw’ababitsa muri iyi banki ari byo bituma BK yunguka.
Gatera James, Umuyobozi mukuru wa Banki ya Kigali avuga ko uyu mwaka wabereye mwiza ngo kuko barengeje 50% by’inyungu bari basanzwe babona kandi bakaniharira 32.4% by’amabanki yose yo mu Rwanda.
Ati: “Muri 2012 (…)

Banki ya Kigali iratangaza ko mu mwaka ushize wa 2011 yungutse amafaranga y’u Rwanda miliyari 8.7 mu gihe umwaka wa 2010 yari yungutse miliyari 6.2.

Ubuyobozi bw’iyi banki butangaza ko ubwiyongere bw’inguzanyo zitangwa n’ubw’ababitsa muri iyi banki ari byo bituma BK yunguka.

Gatera James, Umuyobozi mukuru wa Banki ya Kigali avuga ko uyu mwaka wabereye mwiza ngo kuko barengeje 50% by’inyungu bari basanzwe babona kandi bakaniharira 32.4% by’amabanki yose yo mu Rwanda.

Ati: “Muri 2012 turateganya kongera ubukungu, turategenya gushiyra ingufu mu nguzanyo z’igihe kirekire tuzanibanda mu bigo byimari biciriritse”.

Itangazo iyi banki yashyize ahagaragara rigaragaza ko umutungo rusange wa BK muri 2011 wageze kuri 45.6%, aho wageze kuri miliyari 287.9 z’amafaranga y’u Rwanda uvuye kuri miliyari 197.7 muri 2010.

Umubare w’inguzanyo zatanzwe kugeza mu mpera z’Ukuboza 2011, warazamutse ugera kuri 21% bingana na miliyari 123.1. umubare w’ababitsa nawo urazamuka ugeza kuri 33% bingana na miliyari 181.0.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages