00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rulindo: Abakozi b’akarere biyemeje kuvana mu bukene imiryango 2000

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 10 January 2013 saa 02:59
Yasuwe :

Akarere ka Rulindo, katangije gahunda yo gufasha imiryango ibihumbi bibiri yatoranyijwe nk’ikennye kurusha indi mu rwego rwo kuzamura imibereho n’iterambere ry’aba baturage.
Mu gufasha iyi miryango buri mukozi w’akarere yagiye ahabwa umuryango umwe wo gufasha no gushyigikira mu bitekerezo no mu bukungu.
Iyi gahunda yatangijwe kuri uyu wa gatatu tariki ya cyenda Mutarama, ubwo abaturage ba mbere bahuraga n’abakozi b’akarere bazajya babitaho.
Ufitinema Dancilla w’imyaka 28 ufite abana (…)

Akarere ka Rulindo, katangije gahunda yo gufasha imiryango ibihumbi bibiri yatoranyijwe nk’ikennye kurusha indi mu rwego rwo kuzamura imibereho n’iterambere ry’aba baturage.

Mu gufasha iyi miryango buri mukozi w’akarere yagiye ahabwa umuryango umwe wo gufasha no gushyigikira mu bitekerezo no mu bukungu.

Iyi gahunda yatangijwe kuri uyu wa gatatu tariki ya cyenda Mutarama, ubwo abaturage ba mbere bahuraga n’abakozi b’akarere bazajya babitaho.

Ufitinema Dancilla w’imyaka 28 ufite abana babiri, ni umwe mu baturage batoranyijwe muri iyi miryango 2000 igiye gufashwa. Avuga ko yari abayeho mu buzima bw’ubukene butamworoheye, akavuga ko icyo ateze ku mukozi w’akarere wamutoranyije ari ukuzajya amwungura ibitekerezo, akamugira inama y’uburyo yakora kugira ngo abashe guhangana n’ibibazo by’ingutu byugarije umuryango we.

Kangwagye Justus, Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, avuga ko iki gitekerezo cyo kwita no kwiha inshingano zo gufasha abaturage bakennye kurusha abandi cyavuye mu bakozi ubwabo, akongeraho ko aba bakozi bihaye intego y’uko mu mwaka wa 2015 nta Munyarulindo n’umwe uzaba abarwa mu bugarijwe n’ubukene bukabije.

Kangwagye Justus, Umuyobozi w'Akarere ka Rulindo ari kumwe n'uwo yiyemeje kuvana mu bukene

Umuyobozi w’aka karere avuga kandi ko iki gikorwa cyo kwita no gukurikirana iyi miryango 2000 ikennye kurusha indi kizatuma bamenya impamvu yadindizaga abo baturage mu iterambere.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages