00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

ALTCO igiye gusangiza abanyarwanda ifiriti y’ibijumba bitekewe muri USA

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 12 March 2015 saa 09:42
Yasuwe :

Sosiyete ALTCO Africa Ltd ishinzwe gukwirakwiza ifiriti, yatangije ubucuruzi bw’ifiriti y’ibijumba izwi nka Lays Chips na Doritos Chips itekerwa muri leta zunze ubumwe za Amerika.

Umuyobozi mukuru wa ALTCO Africa Ltd Ingabire, avuga ko amafiriti yazanywe mu Rwanda atandukanye n’ ayo abanyarwanda batekera mu rugo.

Aganira n’itangazamakuru yagize ati ʺ Hari ibyo dusanzwe twihingira tukabisangiza abandi, ni yo mpamvu na bo bazana ibyabo bakabidusangiza.ʺ

Yongeyeho ko uruganda rukora amafiriti y’ibijumba, ruza mu za mbere ku isi zikunzwe.

Denden Berhane, Umuyobozi wa sosiyete ALTCO Africa Ltd muri Afurika, avuga ko yaje gukorera mu Rwanda kuko ari igihugu giha amahirwe abashoramari.

Yavuze ati ʺ Intego yacu ni ugukwirakwiza ibicuruzwa (Products) binyuze muri ALTCO. […] nasanze gukorera mu Rwanda ari ingenzi kuko hari uburyo bworoshye bwo gucuruza.ʺ

Berhane akomeza avuga ko izo firiti zikozwe mu buryo butandukanye, ari na yo mpamvu hari izifite umunyu, urusenda n’ izitabifite bityo umukiriya ngo akaba ari we wihitiramo izo akeneye.

ALTCO Africa Ltd yatangiye gukwirakwiza mu Rwanda ifiriti y’ibijumba bihingwa muri leta zunze ubumwe z’Amerika, mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Byitezwe ko iyi sosiyete izakomeza kugaba amashami mu bihugu nka Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, Uburundi n’ ahandi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages