Ategenya kandi ko umusoro ku rwunguko utagomba kurenza amafaranga 7.5% ku migabane ihabwa abakiriya ba kompanyi zikorera mu bihugu byombi na 10% y’umusoro ku nyungu, ku mafaranga yishyurwa ku bakora imyuga yihariye (Professional fees), n’ayishyurwa ku bihangano (Royalties), gusa ibikorwa bya leta byo ntibizajya bisoreshwa umusoro ku nyungu.
Nta gihe kiriho ayo masezerano azarangiriraho, gusa inyandiko yayo iteganya ko mu gihe kimwe mu bihugu gihisemo kuyahagarika kibimenyesha ikindi mbere y’itariki 30 Kamena muri uwo mwaka, hagakurikizwa ibiteganywa.
Urubuga mnetax rwatangaje ko uretse u Rwanda, amasezerano agabanya imisoro ku nyungu, ibyinjiye ku bihangano, ku nyungu igenerwa abanyamigabane yatangiye gushyirwa mu bikorwa hagati ya Singapore na Thailand, anongererwa igihe ugereranyije n’ayari yasinjwe mu 1975.
Mu mpera za 2015, Singapore yari ifite umusaruro mbumbe w’ibyinjira mu gihugu wa miliyari 308 z’amadorali ya Amerika nk’uko Forbes Magazine yabitangaje.
Singapore ni kimwe mu bihugu byavuye kure mu bukungu, kuri ubu kikaba gifite ubukungu buhagaze neza ku buryo byinshi mu bihugu bicyigiraho uburyo bwo kwigira.



















TANGA IGITEKEREZO