BK Urumuri ni gahunda y’amezi atandatu yatangijwe na Banki ya Kigali ku bufatanye na Inkomoko Entrepreneur Development, ifasha ba rwiyemezamirimo bato b’abagore kubona amahugurwa ajyanye n’imishinga yabo, mu bijyanye no gusuzuma imishinga yabo, kwamamaza, gusora, gusaba inguzanyo no kureshya abashoramari.
Umuyobozi wa BK Foundation yasobanuye ko indi nyungu umugenerwabikorwa w’iyi gahunda akura muri aya mahugurwa, ari igihembo cyo guhabwa inguzanyo itishyurirwa inyungu.
BK Foundation yatangiye icyiciro cya munani cy’iyi gahunda muri Werurwe 2024. Karangwayire yasabye abagore bafite ibigo by’ubucuruzi byabo bwite n’abafite imigabane mu bigo by’ubucuruzi kwiyandikisha kugira ngo aya mahirwe atazabacika.
Yagize ati “Kugeza ubu tumaze kubona ba rwiyemezamirimo bageze kuri 200 baciye muri uyu mushinga, banki ikaba imaze gutanga amafaranga arenga miliyoni 250 zidafite inyungu.”
Umushoramari ushaka kwiyandikisha muri iyi gahunda, agomba kuba yinjiza atarenga miliyoni 100 Frw ku mwaka, akaba amaze byibuze umwaka akora ubucuruzi, yunguka cyangwa agaragaza ingamba zizamufasha kunguka mu myaka ibiri iri imbere.
Ikindi asabwa ni uko ubucuruzi bwe bugomba kuba bufite ubushobozi bwo kwishyura inguzanyo mu gihe bwayibona, bufite n’agashya kakemura kimwe mu bibazo bibangamiye sosiyete.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!