00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Canal+ iri kwerekana ‘Tour du Rwanda’ yegereje Abanyarwanda dekoderi zagabanyirijwe ibiciro

Yanditswe na Mukaneza M.Ange
Kuya 2 March 2019 saa 05:40
Yasuwe :

Sosiyete icuruza ibijyanye n’amashusho ya televiziyo, Canal+, ikomeje kwerekana isiganwa ry’amagare rya ‘Tour du Rwanda’ riri gusatira umusozo, ikomeje kwegereza Abanyarwanda n’abaturarwanda dekoderi zayo za HD zagabanyirijwe ibiciro.

Canal+ isanzwe ari umufatanyabikorwa wa Tour du Rwanda yerekana amasiganwa mu byiciro byose, binyuze kuri shene ya ‘Canal+ Sport3’.

Umuyobozi Ushinzwe Ubucuruzi muri Canal +, Tuyishime Alain, yabwiye IGIHE ko ubu byoroshye kubona dekoderi yabo ya HD kandi igurishwa ibihumbi 15Frw gusa.

Ati “ Ubu dufite itsinda rihuza abakiliya n’abaduhagarariye ku buryo ibikoresho uguze babikuzanira iwawe. Ikindi ubu dufite abaduhagarariye mu gihugu hose, nakubwira ko mu isaha imwe umuntu aba abonye ibikoresho byose ku buryo ahita atangira kwirebera televiziyo yahisemo”.

Yakomeje avuga ko kandi muri Canal+ bahora bakurikirana ngo bamenye icyo abantu bifuza kureba, kandi uretse Igikombe cy’Umwami gihatanirwa muri Espagne batangiye kwerekana, umuntu ashobora no kureba televiziyo zirimo BBC na CNBC Africa guhera kuri ‘bouquet’ ya 7500Frw gusa.

Ubuyobozi bwa canal+ buvuga ko iteka buzakomeza kugeza ku Banyarwanda televiziyo bakeneye kureba kandi mu mashusho asa neza mu buryo bwisumbuye.

Canal + imaze kuba ubukombe mu gucuruza dekoderi nziza kandi zirambye
Itsinda rya canal+ risobanurira abaje kwirebera Tour du Rwanda ibyiza bya dekoderi zayo
Nemeye Platini wo muri Dream Boys (iburyo) ari mu bakomeje kwamamaza Canal muri Tour du Rwanda 2019. Aheruka gutangazwa nka ambasaderi wayo

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages