Ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga bipima toni 10.154.
Ikawa yoherejwe ku isoko mpuzamahanga ni toni 288, yinjije miliyari 2,1 Frw. Icyayi cyoherejwe mu mahanga cyari toni irenga 1, zinjije miliyari 4,2 Frw, mu gihe imboga zoherejwe ku isoko mpuzamahanga mu minsi itanu ari toni 316, zinjirije igihugu arenga miliyoni 630 Frw.
Imbuto zoherejwe mu mahanga muri iyo minsi itanu ni toni 462, zinjije arenga miliyoni 454 Frw naho indabo zoherejwe mu mahanga ni toni 14 zinjije miliyoni 113 Frw.
Ibihingwa bitandukanye birimo ibinyabijumba, ibinyamisogwe, ibinyampeke n’ibindi byoherejwe muri iyo minsi ni toni 7.795, zinjije miliyari 6,6 Frw, mu gihe amatungo n’ibiyakomokaho byoherejwe mu mahanga ari toni 270 zinjirije u Rwanda arenga miliyoni 565 Frw.
Ibihugu byoherejwemo ibicuruzwa byinshi ni Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Oman, u Bwongereza, u Buholandi, u Bufaransa n’ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!