Umusaruro wagurishijwe ku isoko mpuzamahanga muri iyi minsi ine wageze kuri toni 9185. Harimo toni 1177 z’ikawa zinjije miliyoni 7,6 $, mu gihe icyayi ari toni 982, zinjije arenga miliyoni 2,8 $
Imboga zoherejwe ku isoko mpuzamahanga ni toni 363, zinjije arenga ibihumbi 464$ naho imbuto zari toni 367 zinjiza arenga ibihumbi 427 $. Indabo zoherejwe mu mahanga ni toni 13 zinjirije igihugu arebga ibihumbi 70 $.
Ibihugu byoherejwemo umusaruro mwinshi birimo u Bwongereza, u Buholandi, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Bufaransa n’ibihugu bitandukanye bya Afurika.
Hari kandi toni 6008 z’ibicuruzwa bitandukanye bikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe muri Amerika, Oman no mu bihugu bitandukanye bya Afurika, byinjiriza u Rwanda arenga miliyoni 3,2 $.
Ni mu gihe ibikomoka ku matungo byoherejwe mu mahanga ari toni 274, zinjije arenga ibihumbi 467 $.
Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025/26, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yateganyije ko buzinjiza arenga miliyari 1 $.
U Rwanda rufite intego yo kongera ingano y’ibyo rwohereza mu mahanga ku mpuzandengo ya 13% buri mwaka, aho umusaruro ubikomokaho uzikuba kabiri ukagera kuri miliyari 7,3 $ mu 2029.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!