Ibi biciro bya Zahabu na Feza byatangiye kuzamuka cyane mu mpera z’umwaka ushize kubera imyanzuro mu rwego rw’ubukungu yagiye ifatwa n’ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Inzobere mu bukungu zigaragaza ko zimwe mu mpamvu zatumye habaho izamuka ry’ibiciro bya Zahabu ku Isi mu 2025 ari ukubera bimwe mu bihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagiye afatira ibihugu by’i Burayi birwanya umugambi wo kwigarurira ikirwa cya Greenland.
Trump aherutse gutangaza ko kuva muri Gashyantare 2026 hari ibihugu umunani bizashyirirwaho umusoro wa 10% kubera kwitambika gahunda ze kuri Greenland.
Uyu muyobozi yavuze ko mu gihe umugambi wo kwigaruria Greenland utagerwaho vuba, ibi bihugu umunani birimo Denmark, Norvège, Suède, u Bufaransa, u Budage, u Bwongereza, u Buholand na Finland, imisoro azayuriza akayigeza kuri 25% muri Kamena 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!