Iterambere mu Rwanda rigenda rireberwa mu ngeri nyinshi z’ibintu bishya bigenda bivuka, by’umwihariko byiganjemo ikoranabuhanga.
Kuri ubu buri Munyarwanda wese arashishikarizwa gukoresha uburyo bushya bugezweho bwo guhaha cyangwa kugurisha ibicuruzwa byose yifuza mu Rwanda yifashishije gusa mudasobwa irimo internet cyangwa se telefone igendanwa.
Ibi byagarutsweho mu nama yabereye i Kigali ku wa 19 Nzeri, yahuje abacuruzi banyuranye batumiwemo n’Ikigo gihuza umuguzi n’ugurisha cyitwa Kaymu, batarinze kubonana imbona nkubone.
Kaymu isanzwe ikorera mu bihugu 70 hirya no hino ku Isi. Muri Afurika ikorera mu birenga 17 harimo Uganda, Nigeria, Maroc n’u Rwanda. Mu Rwanda, Kaymu ikorana na Rocket Internet hamwe n’andi masosiyete asanzwe akorera mu Rwanda arimo Tigo, MTN, Lamudi, Jovago na Hellofood.
Iki gikorwa Kaymu yagiteguye mu buryo bwo gufasha aba bacuruzi kurushaho kumenya no gusobanukirwa neza uko bakoresha Kaymu ikabafasha muri business n’iterambere ryabo kikaba kizakomereza no ku bindi byiciro by’abanyarwanda bakenera izi serivise.
Kuri bamwe mu batangiye gukoresha ubu buryo bushya, Magasin Faruki Trading, muri aya mahugurwa yasobanuye ko ubwo yatangiraga gukorana na Kaymu yari afite impungenge z’uko baba ari abatekamitwe cyangwa se ari bamwe baza, bagenda ntibazagaruke.
Yagize ati “Ariko mu byumweru bibiri bishize natangajwe no kubona umukiriya agura firigo y’igiciro cya miliyoni imwe, kuri Kaymu ivuye mu iduka ryanjye”.
Kaymu yatangiye gukorera mu Rwanda kuva mu mpera za 2013. Yan Kwizera uyihagarariye avuga ko kuva aho itangiriye gukora yafashije cyane cyane Abanyarwanda mu gusangishwa ibicuruzwa aho bari batiriwe bata umwanya basiragira mu masoko batazi neza aho ibyo bashaka biherereye.
Ushaka kugira ibyo ugura utiriwe utarabuka wakanda HANO http://www.kaymu.rw/



















TANGA IGITEKEREZO