Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, Mohamad Kiwan, yatangaje ko aya mavugurura yatangiye mu gihembwe cya nyuma cya 2017, aho bahereye ku kunoza no kwagura umuyoboro w’amajwi (guhamagara no kwitaba).
Yagize ati “Imyiteguro yo gutangira kuvugurura ibirebana na internet imaze igihe ndetse guhera uyu munsi ku wa 29 Werurwe , turatangira icyiciro cya nyuma cyo kwimura internet tuyikura ku muyoboro ushaje tukayishyira ku mushya muri Kigali, igikorwa kizaba cyarangiye mu cyumweru cya kabiri cya Gicurasi.”
Yakomeje avuga ko aya mavugurura narangira azasigira MTN Rwanda ubushobozi bwo guhaza ibyifuzo by’isoko ryaguka buri munsi.
MTN yashoye miliyoni 20 z’amadolari muri uyu musihinga wiswe U900 ugamije kurushaho kunoza internet ya 3G ndetse no kongera umuvuduko wayo hakoreshejwe umurongo wa MHz 900.
Site 273 ziri muri Kigali nizo zizongererwa ubushobozi hakoreshejwe ibikoresho bishya bifite ikoranabuhanga rya U900 (Universal Mobile Telecommunications System, 900MHz). Ibi bizagira uruhare mu gutuma MTN ibasha kwakira no guhaza ibyifuzo by’abakoresha telefoni zigezweho bakomeza kwiyongera.
Kiwani yavuze ko mu gukora aya mavugurura asaba guhindura ibikoresho bishaje bigasimbuzwa ibishya bishobora kuzagira ingaruka kuri serivisi MTN isanzwe itanga, by’umwihariko mu bice azaba ari kuberamo.
Ati “ Dushimiye abakiriya bacu ku kwihangana bazagira muri uru rugendo, aho dukomeje gushyira imbaraga mu kunoza serivisi duha abakiriya bacu binyuze mu kongera umuvuduko wa internet ya 3G.”.
Ubuyobozi bwa MTN buvuga ko bwiteguye gukora ibishoboka byose iyi gahunda ikarangira mu byumweru bitandatu nk’uko babyiyemeje, bityo abakiriya bagatangira kwishimira serivisi ziri ku rwego rwo hejuru.



















TANGA IGITEKEREZO