00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

MTN Rwanda yashyizeho internet y’ubuntu ku bazagura telefoni za Tecno Camon 30

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 9 May 2024 saa 11:30
Yasuwe :

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yatangaje ko umukiliya uzagura telefoni ya Tecno Camon 30 Series, azajya ahabwa internet ya 15GB mu mezi atatu.

Byatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Gicurasi 2024 ubwo hamurikwaga telefoni nshya za Tecno Camon 30 Series.

MTN Rwanda yasobanuye ko hari serivisi umukiliya azajya ahabwa ku buntu bitewe n’uko bifuza ko buri Munyarwanda yabasha kubona internet ku buryo bworoshye.

Umuyobozi ushinzwe ibikoresho by’ikoranabuhanga na serivisi z’ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, Nzabakira Rene yagize ati “MTN Rwanda izajya itanga internet y’ubuntu ya 15GB mu mezi atatu. Buri kwezi umukiliya uzakoresha sim card ya MTN akaba yaraguze telefoni za Tecno Camon 30 Series, azajya ahabwa internet ya 5GB buri kwezi.”

Nzabakira Rene yanagarutse ku buryo ku bashaka gutunga izo telefoni habayeho koroshya ibiciro ku buryo nta rwitwazo abakiliya bazagira.

Ati “Murabizi ko umukiliya ugiye ahatangirwa serivisi za MTN Rwanda dufite serivisi ya prestige. Abazajya bagana amaduka ya MTN Rwanda bazahabwa igabanyirizwa rya 15% kuri buri serivise zose.”

Umukozi ushinzwe imikorere ya telefoni za Tecno n’uburyo bwo kuzigeza ku bakiliya, Rukundo Claver yasobanuye ko telefoni yashyizwe ku isoko ya Camon 30 Series ifite umwihariko wo gufotora neza no kuramba.

Ati “Telefoni za Camon 30 Series zihariye kugira amashusho n’amafoto meza, ububiko bwa 512GB. Igiyeho amazi singombwa kuyihanagura kuko ikora neza. Ni telefoni zibika umuriro kandi zifite ubushobozi bwo gukoreshwa mu cyimbo cya telekomande ukaba wareba televiziyo neza.”

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda kandi ku bufatanye na Tecno bamuritse telefoni za Camon 30 Series, mudasobwa, amasaha n’ibikoresho byifashishwa mu kumva umuziki”.

Habayeho guhemba abatsinze ibibazo birebana n'imikorere ya Tecno
Tecno yijeje abakiliya ko izakomeza kubagezaho telefone nziza
MTN Rwanda ku bufatanye na Tecno bamuritse Camon 30 Series
MTN Rwanda ku bufatanye na Tecno ubwo bamurikaga telefoni nshya n'izindi serivisi
Muyango Theodore yavuze ko bafite na mudasobwa, amasaha na bluetooth bigezweho
Nzabakira Rene yasobanuye ko abazagura Camon 30 Series bazahabwa internet y'ubuntu mu mezi atatu
Pamela yashimiye uwatsindiye igihembo cya Tecno
Rukundo Claver, umukozi muri Tecno yasobanuye imikorere ya Camon 30 Series
Tecno yamuritse mudasobwa nshya zigezweho
Tecno yihariye isoko ry'u Rwanda bitewe n'uko telefoni zidahenze kandi zikaba zikora neza
The Ben na Pamela bafashe ifoto y'urwibutso n'abayobozi ba MTN Rwanda na Tecno
The Ben na Pamela bagiye kwamamaza Tecno mu mwaka ushobora kuzongerwa
The Ben na Pamela bishimiye gukorana na Tecno
The Ben na Pamela bishimiye kwamamaza Tecno Camon 30 Series
The Ben yahembye uwatsindiye igihembo cya Tecno

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages