Ubwo iki kirungo cyashyirwaga ku isoko ry’u Rwanda ku mugaragaro, Ciru Miring’u, umuyobozi wa ‘East Africa Cluster for Nestlé’, yasobanuye ko muri iki kirungo bongereyemo feri, kubera ko byagaragaye ko kubura kwa feeri ari ikibazo cyibasiye umugabane wa Afrika ndetse kigatuma hagaragara indwara ya anemie irangwa n’ibura ry’umwuka mu maraso.
Miring’u yagize ati:”feri ni imyunyungugu igirira umubiri akamaro gakomeye,ariko kubura kwayo by’igihe kirekire gushobora gutera imikurire mibi y’ubwonko ku mwana,gucika intege gukabije k’umubiri ndetse no kwangirika kw’abasirikare barinda umubiri”.
Imibare y’ikigo Demographic and Health Surveys (DHS),igaragaza ko 38% by’impinja zifite hagati y’amezi 6 na 59 na 20% by’ababyeyi batwite barwara anaemia.
Kongera intungamubiri mu biryo ni uburyo bwo kongeramo ibyangombwa nkenerwa nka feeri hagamijwe kunganira intungamubiri zabyo maze buri wese akabona indyo yuzuye kandi ishyitse.
Niyo mpamvu ikigo cy’inzobere mu by’ubukungu cyitwa Copenhagen Consensus cyatanze ikigereranyo ko buri dolari rigiye mu kongera intungamubiri mu biryo ribyarira ubukungu bw’igihugu inyungu y’amadolari icyenda.
Miring’u yakomeje agira ati:”twongeye feeri muri kibe MAGGI izwi cyane kandi yari isanzwe ifite iyode ifasha cyane mu mikurire y’ubwonko kugira ngo abanyarwanda bajye barya ibiryo biryoshye kandi bifite intungamubiri zihagije.
Nestle izageza kibe MAGGI mu Rwanda ku giciro gito kugira ngo babashe kubona indyo yuzuye,uzajya akoresha MAGGI nshya imwe azajya aba afashe feeri nk’iyo mu nyama za garama 100.
Nestle isanzwe igeza ku banyarwanda ibicuruzwa bya NIDO,Guigoz,Celerac n’ibindi ikaba ari yo yari isanzwe izana mu Rwanda ikirungo cya kibe MAGGI.



















TANGA IGITEKEREZO