Iri soko riherereye mu Murenge wa Tare mu Karere ka Nyamagabe, ryubatswe ku gice cya hegitari imwe aho rirema kuri buri wa Kabiri.
Ku munsi ryitabirwa n’abasaga 4000 barimo n’ababa bagiye kugurisha amatungo arenga 2000.
Isoko rya Ryarubondo ryubatswe binyuze mu mafaranga yatanzwe n’umushinga Jyambere ukorera muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA).
Ni isoko ryakira ku munsi umwe inka ziri hagati ya 700-1000, ingurube 700, ihene n’intama zirenga 500 ndetse n’inkoko.
Mu baturage bakunze kurema iri soko barimo abaturuka mu turere twa Huye, Nyanza, Ruhango, Nyamagabe, Nyaruguru n’ahandi.
Abahagura amatungo abenshi bayagurisha muri utwo turere no hanze y’u Rwanda muri Uganda, mu Burundi ndetse no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida w’abacuruzi b’amatungo mu isoko rya Ryarubondo, Hategekimana Pascal, yavuze ko mbere aho bacurizaga amatungo hari nko mu gihuru, aho banaguraga amatungo abantu bakayiba kuko hatari hazitiye kandi hasa nabi.
Ati “Ubu rero amatungo asigaye ari menshi kuko buri muntu wese aba yizeye umutekano. Mbere hano hagurishwaga ingurube 100 ariko ubu zikubye kenshi.’’
Mugisha Faustin ubarizwa mu Nkambi ya Kigeme yagezemo mu 2013 avuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko iri soko rya Ryarubondo ribafasha kuguriramo amatungo atabahenze bakajya kuyorora ubundi nyuma bakagaruka kuyagurisha yariyunguye.
Ati “Iyo twazanye itungo ryacu ntabwo bavuga ngo uyu ni Umunyarwanda, uyu ni impunzi, oya. Batugurira nk’uko bagurira abandi kandi natwe turasora. Dushimira Leta y’u Rwanda yemeye kutwakira, akaduha ubwisanzure amasoko yose tuyajyamo, tukagurisha nk’abandi baturage.’’
Umugenzuzi w’imisoro mu Karere ka Nyamagabe, Nsengiyumva Leonidas, yavuze ko iri soko ry’amatungo rya Ryarubondo kuva aho rivugururiwe imisoro yinjizwa yiyongereye.
Yavuze ko mbere binjizaga miliyoni 2 Frw ariko nyuma y’aho ryubakiwe ubu impuzandego ni miliyoni 2.8 Frw yavuze ko hari nubwo babona miliyoni 3 Frw ku munsi.
Ati “Iki ni igikorwaremezo gikomeye kuko gituma dusabana n’utundi turere binyuze mu baturage. Ni igikorwaremezo gituma umutungo w’Akarere uzamuka kuko buri cyumweru haboneka miliyoni 2.8 Frw avuye mu misoro, turaryishimiye cyane.’’
Umuyobozi w’umushinga Jyambere ukorera muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Ngoga Frank, yavuze ko kuvugurura isoko rya Ryarubondo byatwaye miliyoni 426 Frw aho bubatse ibice bitatu birigize, rirazitirwa ku buryo amatungo nta hantu yamenera asohoka.
Yavuze ko kandi banubatse irerero ry’abana rifasha mu kwakira abana baba bafite ababyeyi baje kurema iri soko.
Akarere ka Nyamagabe gasanzwe gafite andi masoko y’amatungo mato arimo irya Gatare, irya Mbazi, irya Kaduha yose akaba yarashyizweho kugira ngo afashe abaturage kubona aho bagurishiriza amatungo yabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!