00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwinjije miliyari zirenga 400 Frw mu mabuye y’agaciro mu mezi atatu

Yanditswe na Rabbi Malo Umucunguzi
Kuya 25 July 2023 saa 03:59
Yasuwe :

Imibare y’Ikigo gishinzwe mine, peteroli na gaz (RMB) yerekanye ko mu mezi atatu ashize u Rwanda rwohereje mu mahanga toni zirenga 6600 z’amabuye y’agaciro, zinjije miliyoni $362.3, ni ukuvuga asaga miliyari 420 Frw.

Ni imibare igaragaza uko u Rwanda rwari ruhagaze mu mabuye y’agaciro yacurujwe mu mahanga mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, mu mezi ya Mata, Gicurasi na Kamena 2023.

Ni amafaranga yiyongereye cyane, kuko mu mezi atatu ya mbere y’umwaka wa 2023, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwinjirije u Rwanda miliyoni $247.4.

Iyi mibare yatangajwe kuri uyu wa Kabiri, igaragaza ko amabuye y’agaciro yose yagurishijwe muri icyo gihe yari ibilo 6.638.538, avamo $362.368.845. Mu mafaranga y’u Rwanda ni miliyari zisaga 420 Frw.

Ni amabuye urebye ku mafaranga yavuyemo, arangajwe imbere na zahabu kuko muri Mata hoherejwe ibilo 1506 byari bifite agaciro ka miliyoni $97.5. Muri Gicurasi hagurishijwe ibilo 1520 byinjije miliyoni $99.0, naho muri Kamena hoherezwa ibilo 1670 byinjije miliyoni $106.1.

Urebye gasegereti, muri Mata hoherejwe ibilo 388,818 byinjije miliyoni $6.2, muri Gicurasi hoherezwa ibilo 341.533 byavuyemo miliyoni $5.2, naho muri Kamena hoherezwa ibilo 413.804, byinjije miliyoni $7.4.

Andi mabuye y’agaciro yinjije amafaranga menshi ni Coltan. Muri Mata hoherejwe ibilo 133.828 muri Mata havamo miliyoni $6,2, muri Giurasi hoherezwa ibilo 198.787 byavuyemo miliyoni $9.5, naho muri Kamena hoherezwa ibilo 254.400 byavuyemo miliyoni $11.9.

Ku ruhande rwa Wolfram, muri Mata hoherejwe ibilo 120.920 byinjije miliyoni $1.5, muri Gicurasi hoherezwa ibilo 246.920 byinjije miliyoni $3.3, muri Kamena hoherezwa ibilo 267.595 byavuyemo miliyoni $3.5.

Urebye ku yandi mabuye y’agaciro muri rusange, muri Mata hoherejwe ibilo 514.820 byinjije miliyoni $1.2, muri Gicurasi hoherezwa ibilo 1.357.729 byavuyemo miliyoni $1.3, muri Kamena hoherezwa ibilo 2.394.688 byinjije miliyoni $1.9.

U Rwanda rukomeje kuvumbura amabuye atandukanye, ndetse rwashyize imbaraga mu kuyatunganya, nk’uburyo bwo kuyongerera agaciro mbere yo kuyohereza ku isoko mpuzamahanga.

Umuyobozi Mukuru wa RMB, Amb. Yamina Karitanyi, aheruka kuvuga ko mu minsi ya vuba u Rwanda ruzatangiza uruganda rutunganya Lithium, amabuye y’agaciro ari gushakishwa cyane ku isi kubera ubukenerwe bwa batiri zirimo kwifashishwa mu binyabiziga bikoresha amashanyarazi.

Aya mabuye yatangiye kuboneka mu Rwanda mu myaka ya 2020, ari nabwo agaciro kayo ku isoko mpuzamahanga katangiye gutumbagira dore ko byitezwe ko igiciro cya toni imwe y’ayo mabuye kiva ku $44,090 cyariho mu 2022 kikagera ku $61,520 muri uyu mwaka wa 2023.

Mu kiganiro Karitanyi aherutse kugirana na televiziyo ya CNBC, yatangaje ko icyifuzo ari ugutangiza uruganda rutunganya Lithium vuba aha.

Ati "Dufite uruganda rutunganya zahabu, urutunganya tin, tantalum, ndetse mu bihe bya vuba tugiye kugira uruganda rutunganya lithium. Icyo dushaka ni uburyo dushobora gukorana n’abandi mu karere ku buryo tubona amwe muri aya mabuye y’agaciro ku buryo inganda zacu zikoresha ubushobozi bwose zifite."

Mu gihe u Rwanda rwaba rubashije kwitunganyiriza Lithium, igiciro cyayo cyakwiyongera kuko ariyo iba ikenewe ku isoko mpuzamahanga.

Ambasaderi Karitanyi yavuze ko Afurika ikwiriye guhindura uburyo ikoramo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ku buryo ayibyarira umusaruro, aho gukiza abandi.

Ati "Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Afurika ntabwo bwigeze butanga umusaruro wifuzwa ku mugabane, ariko ibyo dushobora kubihindura twongerera agaciro ibyo dukora, dushyiraho uburyo bunoze bwo gucukura. Dukwiriye kwitonda mu buryo tujya kuganira ibiciro, tugaharanira ko akamaro k’umugabane wa Afurika kuri iyi nshuro kagaragara."

Yavuze ko igihe kigeze ngo hongerwe ibikorerwa mu nganda zo muri Afurika, ku buryo ibyo ijyana hanze bidatunganyije biba bike cyane.

U Rwanda rutunganya zahabu mbere yo kuyohereza mu mahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages