00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda yinjije miliyoni 5,2$ mu bicuruzwa yohereje mu Rwanda mu mezi atandatu

Yanditswe na Uwabeza Hussein
Kuya 15 September 2022 saa 12:33
Yasuwe :

Ingano y’ibicuruzwa Uganda yohereza mu Rwanda, yazamutse ku kigero cya 98% mu mezi atandatu ashize. Byatumye iki gihugu cyinjiza miliyoni 5,22$ aturutse ku izahuka ry’umubano w’impande zombi.

Iri zamuka ryaturutse ku ifungurwa ry’imipaka y’u Rwanda yari imaze igihe ifunzwe.

Muri Nyakanga 2019, ibyo Uganda yohereje mu Rwanda byari bifite agaciro k’ibihumbi 60$ kubera ko imipaka yari ifunze.

Ni mu gihe mu myaka yari yabanje hakiri umwuka mwiza, inyungu yari yose ku mpande zombi. Nko mu 2017, Uganda yohereje mu Rwanda ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 182$ mu gihe ibyo yari yatumije mu Rwanda byo byari bifite agaciro ka miliyoni 16$.

Mu 2018, ibyo Uganda yohereje mu Rwanda byari bifite agaciro ka miliyoni 408$.

Mu mezi atatu ya mbere y’uyu mwaka [kugeza muri Werurwe], Uganda yari imaze kohereza mu Rwanda ibicuruzwa bifite agaciro k’ibihumbi 220$.

Ibicuruzwa Uganda yohereza mu Rwanda byariyongereye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages