Expo Dubai 2020 ni imurikagurisha ritanga ibisubizo birambye ku bibazo byugarije isi, aho rihuza imico yo hirya no hino mu bihugu bitandukanye, byose bifite intego imwe yo gushakisha amahirwe ahari mu iterambere ry’ishoramari ndetse n’uburyo ryagera mu bihugu byinshi.
Muri iri murikagurisha ni umwanya mwiza kuri ba rwiyemezamirimo wo kumurikira amahanga ibicuruzwa byabo ndetse no guhura n’abandi bafite imishinga itandukanye yazanye impinduka mu buzima bw’abatuye Isi.
GEX Logistics ni imwe muri sosiyete zikorera mu Rwanda yitabiriye iri murikagurisha aho ifasha abashaka gutumiza cyangwa kohereza ibicuruzwa muri iri murikagurisha riri kubera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu bakabimurikira abantu miliyoni zirenga 20 bazaryitabira kugera muri Werurwe 2022.
Muri serivisi itanga harimo gukurikirana gahunda zose zijyanye no kohereza cyangwa gutumiza ibicuruzwa i Dubai no kongera kubyohereza mu bihugu bitandukanye mu gihe imurikagurisha rizaba rirangiye.
Ifite kandi icyanya cyahariwe ububiko bw’ibicuruzwa cyangwa ibikoresho bitandukanye byifashishwa muri iri murikagurisha, gusa birashoboka ko iyi sosiyete yanafasha nyir’ibicuruzwa kubibika mu cyanya cyahariwe ubucuruzi muri Dubai cya Jabel Ali Free zone.
GEX Logistics itanga serivisi yo kujyana ibicuruzwa ahabera imurikagurisha ibikuye mu bihugu byo hirya no hino muri Afurika harimo n’u Rwanda byaba ibica mu nyanja cyangwa mu kirere ndetse ku babishaka ikabubakira site y’aho bazamurikira ibicuruzwa byabo.
Iy sosiyete ikomoka muri Sri Lanka itanga ubufasha bwose bujyanye no kohereza cyangwa gutumiza ibintu mu bihugu bitandukanye ikoresheje ubwato cyangwa indege, igatanga serivisi zo kugenzura site zo kumurikiramo zri muri Expo Dubai 2020 cyo kimwe n’izindi serivisi zitandukanye zirimo gusaba visa ku baje mu imurikagurisha, gushakira abantu hotel zo guturamo n’ibindi.
GEX Logistics ikorera mu bihugu bitandukanye muri Afurika no hanze yayo birimo u Rwanda, Uganda, Kenya, Zambia, Sri Lanka, n’ahandi, aho ukeneye ibisobanuro kuri izi serivisi itanga muri EXPO Dubai 2020 yabandikira kuri email [email protected] cyangwa [email protected] ku bari mu Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!