Iri rushanwa ryiswe SHARAMA na MTN, ryatangiye Tariki ya 23 Nyakanga rikaba rigomba kumara iminsi 60. Iri rushanwa Ritangirwamo ibihembo bitandukanye buri cyumweru.
Kugira ngo winjire muri iri rushanwa, uhamagara ku ‘155’ cyangwa ukohereza ubutumwa bugufi SMS ku ‘155’ kugira ngo ugwize amanota akongerera amahirwe yo gutsinda.
Ibihembo byatanzwe ni ibi bikurikira:
Abantu 200 buri wese yatsindiye ama inite ya Rwf 500
Abantu 10 buri wese telefoni yo mu bwoko bwa LG
Abantu 5 buri wese yatsindiye telefoni yo mu bwoko bwa Gitego
Abantu 5 buri wese yatsindiye telefoni yo mu bwoko bwa Samsung Galaxy Pocket
Abantu 2 buri wese yatsindiye Moto
Abantu 10 buri wese yatsindiye Mobile Money ya Rwf 50,000
Umuntu 1 uzajya yatsindiye HP laptop na Modem ifite interineti y’ubuntu mu gihe cy’ukwezi.
Murenzi Apollinaire ni umwe mu banyamahirwe batsindiye Moto, akaba yatangaje ko yishimiye kuba yatomboye Moto, mu buzima busazwe ni umunyeshuri mw’ishuri rikuru Nderabarezi rya Kigali (KIE) mu mwaka wa kane, yatangaje ko yoherezaga ubutumwa bugufi inshuro zigera kuri 20 buri munsi.
Nyuma y’amasomo ngo azajya akora akazi ko gutwara abagenzi kuri Moto, doreko asazwe afite n’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga.


















TANGA IGITEKEREZO