Ikigo cy’ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), mu itangazo cyashyize ahagaragara kiributsa abagenerwa amafaranga ya buri kwezi y’ikiruhuko cy’izabukuru (Pansiyo), n’ay’ibyago bikomoka ku kazi, kwihutira gutanga ibyemezo by’uko bariho bitangwa n’imirenge.
Icyo kigo gitangaza ko ibyo byemezo bigomba kuba byatanzwe bitarenze tariki ya 25 Ukuboza 2013, kugira ngo bazashobore kubona amafaranga yabo mu mwaka wa 2014.
Ibyo byemezo bigamba kuba byanditseho aho umugenerwabikorwa atuye ni ukuvuga Akagari n’umudugudu, Nomero ya dosiye muri RSSB ndetse na Banki akorana na yo.



















TANGA IGITEKEREZO