00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarenga 130 basoje amasomo muri ILPD basabwe kuba umusemburo mu butabera bw’u Rwanda

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 8 December 2023 saa 11:51
Yasuwe :

Abanyamategeko 139 bahawe impamyabumenyi mbonezamwuga zihariye, basoje amasomo yabo, mu Ishuri Rikuru ryo Kwigisha no Guteza Imbere Amategeko, ILPD ryo mu Karere ka Nyanza, bavuze ko ubumenyi bahawe bugiye kubafasha kurushaho kunoza ibyo basanzwe bakora, kugira ngo bageze ku Banyarwanda ubutabera buboneye.

Aba banyamategeko bahawe impamyabushobozi mbonezamwuga zihariye, bose basanzwe bakora mu nzego zitandukanye z’ubutabera, haba mu bushinjacyaha, abacamanza, abanditsi b’inkiko ndetse n’abashakashatsi mu by’amategeko.

Bamwe mu baganiriye na IGIHE, bavuze ko ubumenyi bwihariye babonye bizeye ko buzabafasha mu kazi kabo ka buri munsi.

Umwe muri bo yagize ati “amategeko twize n’ubumenyi twahawe mu bijyanye no kubara indishyi no kuzigena, hakurikijwe ibyo ababuranyi baregeye. Twungutse ubumenyi bwinshi buzadufasha gukemura impaka zishingiye ku masezerano kandi birakenewe cyane.”

Umuyobozi Mukuru wa ILPD, Dr Aimé Muyoboke Kalimunda, yavuze ko kugira ubumenyi bwihariye mu gace runaka mu bijyanye n’amategeko uretse korohereza, aba banyamategeko, ngo bizanatanga umusaruro mu nzego z’ubutabera.

Ati “Umucamanza ufite impamyabumenyi yaba iy’icyiciro cya kabiri cya kaminuza cyangwa se iyisumbuyeho, aba akeneye kumenya amategeko mpuzamahanga ajyanye n’ibyo byaha, kumenya imanza zaciwe n’inkiko mpuzamahanga, ariko kuminuza (specialization) bimuha ubumenyi bwihariye, bityo tukaba tuzamuye ireme ry’imicire y’imanza zacu mu gihugu, ndetse byanatuma umucamanza ajya ku rwego rurenze urw’igihugu.”

Dr Muyoboke yakomeje avuga ko ibyo bigira akamaro kanini cyane kuko byihutisha imanza mu nkiko ndetse bikanongera icyizere abaturage bagirira ubutabera ari nako bigabanya ikiguzi cy’ubutabera kuko bituma abaturage badasiragira mu nkiko.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Faustin Ntezilyayo yavuze ko aya masomo yihariye azafasha kubaka ubutabera bufite ireme.

Ati “Iyi si ya none yuzuyemo urusobe rw’ibibazo, ndetse n’amakimbirane arushaho kugenda afata intera. Ibi kandi ntitubyisangije gusa, ahubwo ni mpuzamahanga ndetse biri mu nguni nyinshi z’ubuzima haba mu mibanire y’abantu, mu bukungu, politiki ndetse n’ahandi. Ni yo mpamvu rero guhugura abanyamwuga mu mategeko nk’aba ngo babashe guhangana nabyo ari iby’agaciro kenshi.”

Abahawe izi mpamyabumenyi mbonezamwuga zihariye, ku nshuro ya mbere, bose hamwe ni 139.

Bahawe amasomo ari mu mashami atanu ajyanye no gukurikirana ibyaha byambukiranya imipaka, iburanisha no gutanga ibihano, amasomo ku gushyira mu ngiro amategeko agenga abagirana amasezerano, ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko ryerekeranye n’imiburanishirize y’imanza mbonezamubano ndetse n’itegeko ryerekeye ibigo n’ibihombo.

ILPD imaze kuba ubukombe
Abasoje amasomo bajyanye imigambi myiza mu butabera
Abarimu bo muri ILPD nabo bari bakereye ibi birori bibereye ijisho
Abasoje amasomo batangaza ko bagiye kuba umusemburo w’iterambere ry'ubutabera babikesha amasomo bahawe
Umuyobozi Mukuru wa ILPD, Dr Muyoboke Karimunda yagaragaje ko abarangije aya masomo bagiye kongera ikibatsi mu butabera bw'u Rwanda
Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Dr Ntezilyayo Faustin yeretse abasoje amasomo ko bagomba gutanga umusaruro mu butabera bw’u Rwanda
Abasoje amasomo bose ni 139

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages