00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abimukira barenga ibihumbi 41 binjiye mu Bwongereza bitemewe mu 2025

Yanditswe na Isabwe Fabiola
Kuya 21 December 2025 saa 08:35
Yasuwe :

Abimukira barenga 41.455 ni bo bamaze kwinjira mu Bwongereza mu buryo butemewe banyuze mu nzira izwi nka ‘English Channel’ bakoresheje ubwato buto.

Uyu mubare ukurikira uwo mu mwaka wa 2022, aho abantu 45.774 aribo bambutse.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Ukuboza 2025, abimukira bagera kuri 803 binjiye mu Bwongereza baturutse mu Majyaruguru y’u Bufaransa.

Ku wa 20 Ukwakira 2025 kandi ni bwo habonetse umubare munini w’abambutse ku munsi umwe kuva ku wa 8 Ukwakira 2025, kuko hambutse abagera ku 1.075.

Imibare igaragaza ko abantu bakoze uru rugendo rwashoboraga gushyira ubuzima bwabo mu kaga bakoresheje ubwato buto 13, bikaba ari umubare munini cyane w’abambutse ku munsi umwe.

Muri uku kwezi abimukira 2.163 ni bo bamaze kwinjira mu Bwongereza muri uku kwezi. Ni bake ugereranyije n’abangana na 3.254 bari binjiye mu kwezi nk’uku k’umwaka ushize.

Abahanga n’abasesenguzi bavuga ko ibi bigaragaza ikibazo gikomeye cy’ubuzima n’umutekano w’abimukira.

Ubwiyongere bw’aba bimukira bugaragaza ko ingamba Guverinoma iyobowe n’ishyaka ry’Abakozi (Labour) yafashe zo kubakumira nta musaruro zatanze. Izo zirimo kongerera imbaraga urwego rurinda umupaka no gushyiraho ibikoresho by’ikoranabuhanga rigezweho.

Iyi Guverinoma yashyizeho izi ngamba ubwo yanengaga gahunda yo kohereza abimukira i Kigali, yashingiraga ku masezerano Guverinoma y’Aba-Conservateurs yari yaragiranye n’u Rwanda muri Mata 2022, yavuguruwe mu Ukuboza 2023.

Gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda yahagaritswe na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, muri Nyakanga 2024. Kuva ubwo, umubare w’abimukira binjira mu gihugu cyabo waratumbagiye.

Mu 2024 abimukira batemewe n’amategeko binjiye muri iki gihugu bakoresheje ubwato buto bari 36.816.

Abimukira barenga ibihumbi 41 binjiye mu Bwongereza bitemewe mu 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages