00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abizera ubutabera bose twumvise tutanyuzwe - Umushinjacyaha wa Loni ku kutaburanishwa kwa Kabuga

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 13 December 2023 saa 09:35
Yasuwe :

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), Serge Brammertz, yatangaje ko abizera ubutabera bose batanyuzwe no kuba Kabuga Félicien ukekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi atarakomeje kuburanishwa.

Muri Kamena 2023 ni bwo abacamanza b’uru rwego banzuye ko Kabuga adafite ubushobozi bwo kuburana bitewe n’uburwayi afite butuma atabasha kwibuka neza ibyabaye.

Ni umwanzuro washimangiwe n’urugereko rwarwo rw’ubujurire muri Kanama, urubanza rwe rurahagarara.

Brammertz kuri uyu wa 12 Ukuboza 2023 yabwiye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ko atanyuzwe no kuba Kabuga atarakomeje kuburanishwa, kandi ko abarokotse jenoside batabonye ubutabera bukwiye.

Ati “Ibiro byanjye ndetse n’abizera ubutabera bose, twumvise tutanyuzwe. Abahohotewe n’abarokotse ibyaha bya Kabuga ntibabonye ubutabera bukwiye.”

Uyu Mushinjacyaha yabwiye aka kanama ko ibiro bye bikomeje gushakisha “abagizi ba nabi” bakomeje kwihisha ubutabera barimo Abanyarwanda babiri Sikubwabo Charles na Ryandikayo Charles.

Brammertz kandi yatangaje ko Ubushinjacyaha abereye umuyobozi bufite akazi gakomeye ko gutanga ubufasha ku nzego z’ibihugu nk’u Rwanda no gukurikirana iburanishwa ry’abakoze ibyaha mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi.

Kabuga yafatiwe mu Bufaransa muri Gicurasi 2020, ajyanwa muri kasho ya IRMCT mu Kwakira k’uwo mwaka. Urubanza rwe rwahagaze mu gihe hari hashize iminsi humvwa abatangabuhamya.

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), Serge Brammertz

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages