Yabigarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru cyo ku wa 11 Nzeri 2026.
Imanza z’ifunga n’ifungura ry’agataganyo zaburanishijwe mu 2024/25 zari 16.010, mu mwaka wakurikiyeho zigabanyukaho 16%, ni ukuvuga ko zageze kuri 13.472.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Mukantaganzwa Domitilla yavuze ko gufunga umuntu by’agateganyo hari igihe biba ari no kumutabara.
Ati “Hafungwa by’agateganyo umuntu bigaragara ko ashobora gusibanganya ibimenyetso, ashobora kubangamira abatangabuhamya, ndetse banafunga umuntu by’agateganyo mu nyungu ze. Hari igihe ushobora gukora icyaha batagufunga abaturage bakaba bababwiye ngo nimwikorere ubutabera. Mwari mubizi ko bishoboka? Ntushobora kugenda ngo wice umuntu hariya bakureba, cyangwa ngo ugonge umuturage w’abandi cyangwa ngo usambanye umwana hariya bakureba, Leta ifite inshingano yo gutuma abaturage batihorera, murabizi ko Itegeko Nshinga ribibuza, nta muntu wiha ubutabera.”
Mu igenzura ry’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abafungiwe mu magororero
Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yakoze muri Werurwe 2025, yasanze ubucucike bwaragabanyutse ugereranyije n’umwaka wa 2023/2024 kuko bwavuye kuri 134,3 % bugera kuri 110%.
Mu gihe Komisiyo yateguraga iyi raporo, ku wa 31 Kanama 2025, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwayigaragarije ko ubucucike bwakomeje kugabanyuka bukaba bugeze kuri 103,8% bitewe n’uko Igororero rishya rya Nyamasheke ryatangiye kwakira abantu bafunzwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!