00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hazakurikiraho iki nyuma y’icyemezo cy’Urukiko gisaba ko iperereza rikomeza kuri Agathe Kanziga?

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 7 May 2026 saa 06:00
Yasuwe :

Ku wa 6 Gicurasi 2026, Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa rwafashe umwanzuro usaba ko hakomeza iperereza ku ruhare umugore wa Habyarimana Juvénal, Agathe Kanziga, ashinjwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no mu itegurwa ryayo.

Uyu mwanzuro utesha agaciro uwafashwe n’umucamanza ugenza ibyaha muri Kanama 2025, wari wavuze ko atabonye ibimenyetso bihagije bigaragaza ko Kanziga ashobora kuba yaragize uruhare muri Jenoside, ahubwo ngo yagizweho ingaruka n’ihanurwa ry’indege y’umugabo we.

Umwe mu banyamategeko bunganira abakorewe ibyaha bivugwa muri iyi dosiye, Me Gisagara Richard, yasobanuye ko urukiko rw’ubujurire rwategetse umucamanza ugenza ibyaha gusubukura iperereza kuri Kanziga, akongera gushakisha ibimenyetso.

Mu kiganiro ku muyoboro ‘Agasaro Kaburaga’, Me Gisagara yagize ati “Ubwo ni ukuvuga ngo dosiye isubiye ku mucamanza wa mbere ugenza ibyaha kugira ngo yongere asubukure gushakisha ibimenyetso bigaragaza uruhare yagize cyangwa ataba yaragize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, noneho iryo perereza nirirangira, abone gufata icyemezo cyo kumwohereza kuburana cyangwa kutamwohereza kuburana.”

Kubera ko Kanziga yakuwe mu Rwanda tariki ya 9 Mata 1994 hashingiwe ku itegeko rya François Mitterrand wayoboraga u Bufaransa, iperereza ku ruhare rwe ryari ryarakozwe ku minsi itatu ibanza ya Jenoside.

Muri Nzeri 2024, Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwagaragaje ko iperereza kuri Kanziga ryakozwe ku bikorwa bike, ku gihe gito kandi humvwa abatangabuhamya bake.

Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwasabye ko hakorwa iperereza ku bikorwa bya Kanziga byo kuva tariki ya 1 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata 1994, ibyatuma hanagaragazwa uruhare yagize mu itegurwa rya Jenoside nk’uwahoze mu itsinda ry’abari bafite ijambo rikomeye mu butegetsi rizwi nk’Akazu.

Me Gisagara yasobanuye ko impande zombi zifite uburenganzira bwo kujurira mu rukiko rusesa imanza, kandi ko hatagize ujurira, umwanzuro wafashwe ku wa 6 Gicurasi watangira gukurikizwa.

Iperereza ku ruhare umugore wa Habyarimana ashinjwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi rigiye gukomeza
Me Gisagara Richard yagaragaje ko umucamanza ugenza ibyaha yasubijwe dosiye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages