Ni icyemezo cyafatiwe kuri uyu wa 28 Gashyantare 2024 mu rubanza rw’indishyi rwa Dominic Ongwen wabaye Komanda w’abarwanyi ba LRA, umutwe wamaze imyaka irenga 20 urwanya ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda.
Mu 2021, Ongweni yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka 25, nyuma yo guhamywa ibyaha 60 by’intambara, ibyibasira inyokomuntu birimo gusambanya ku gahato, kwica no gushimuta abana. Ubu afungiwe muri gereza yo muri Norvège.
Abacamanza ba ICC bagaragaje ko nubwo bafashe iki cyemezo, Ongwen adafite ubushobozi bwo kwishyura iyi ndishyi, bityo ko ikwiye gushakirwa mu kigega cy’uru rukiko cyagenewe indishyi, Trust Fund.
Bamenyesheje kandi abagizweho ingaruka n’ibikorwa bya LRA ko iyi ndishyi itazaboneka vuba, bitewe n’uko nta mafaranga ahagije ari muri iki kigega. Bisaba gutegereza inkunga zitangwa ku bushake.
LRA yarasenyutse ariko Kony wayishinze mu 1987 we aracyashakishwa kugira ngo agezwe mu butabera. Uyu murwanyi yavuzwe mu bihugu birimo Repubulika ya Centrafrique, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Sudani.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!