Impuzandengo y’igihe urubanza rumara rutegereje kuburanishwa ibarwa harebwe umubare w’imanza zose zaburanishijwe mu mwaka runaka n’izasagutse noneho bakanareba amezi y’impuzandengo urubanza rwagiye rumara ngo rugerweho muri buri rukiko.
Impuzandengo y’imanza zaburanishijwaga mu kwezi rero ni yo igaragaraza umuvuduko zacibwagaho bigahita byerekana igihe izindi manza zizaza zisanga zimwe zasigaye zizajya zitegereza kugira ngo zigerweho mu gihe byaguma kuri uyu muvuduko.
Gusa iyo habarwa iyi mpuzandengo ntihabarirwamo izihutirwa nk’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo no kubijuririra, ahubwo babara bahereye igihe ibyo byarangiriye urubanza rwahawe itariki yo gutangira kuburanishwa mu mizi.
Raporo y’uyu mwaka wa 2025/25 urangiye igaragaza ko impuzandengo urubanza rumara ngo rutangire kuburanishwa mu nkiko zo mu Rwanda ari amezi ane.
Ntibivuze ariko ko buri rubanza rutarenza amezi ane ruhawe itariki yo ruburanishwa, ahubwo byahurijwe hamwe kuko hari izitegereza amezi ari munsi y’ayo, ahandi akaba ari hejuru yayo.
Muri rusange mu mwaka urangiye inkiko zo mu Rwanda haciwe imanza 123.027 ndetse impuzandengo y’imanza zaciwe buri kwezi zari 10.252 ariko hasigaye imanza 41.831 zitaraburanishwa gusa zakomereje muri uyu mwaka watangiye muri Nyakanga.
Bivuze ko urubanza rwinjiye nyuma y’izi manza zisigaye mu nkiko rwaburanishwa nyuma y’amezi ane akaba ari yo mpuzandengo.
Ibi byari bitandukanye no mu mwaka wa 2024/25, kuko mu nkiko hasigaye imanza 54.278 kandi impuzandengo y’imanza zaciwe buri kwezi yari 9.099 mu gihe impuzandengo y’igihe urubanza rumara rutegereje kuburanishwa yari amezi atandatu.
Urebye mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2023/24 usanga na ho biratandukanye kuko hasigaye imanza 76.273 zitaraburanishwa mu gihe impuzandengo y’imanza zacibwaga ku kwezi muri uwo mwaka zari 9.972 naho impuzandengo y’amezi rwategerezaga kuburanisha yari amezi umunani.
Uko impuzandengo y’igihe imanza zimara mu nkiko zitegereje kuburanishwa igabanuka ni ko n’imanza z’ibirarane zigenda zigabanuka kuko iburanisha riba rigenda ku muvuduko uzihutisha.
Mu Rwanda umubare w’imanza zasigaraga mu nkiko waragabanutse uva kuri 76.273 mu 2023/24, ugera kuri 54.278 mu 2024/25 urakomeza uragabanuka ugera kuri 41.831 mu 2025/26.
Gusa iyi raporo inagaragaza uko manza zakirwa na buri rukiko n’umuvuduko warwo mu kuzica bikagena amezi byamara ngo urwakiriwe rube ruciwe bikomeje kuri uyu muvuduko.
Umwaka wa 2025/26 wasize Urukiko rw’Ikirenga rusigaranye imanza 45, impuzandengo y’imanza zaciwe buri kwezi ari eshanu naho igihe urubanza rumara rutegereje kuburanishwa kiba impuzandengo y’amezi icyenda.
Mu Rukiko rw’Ubujurire hasigaye imanza 2.305, zacibwaga ku mpuzandengo y’imanza 136 buri kwezi, naho igihe urubanza rumara rutegereje kuburanishwa ni amezi 17.
Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi rwasigaranye imanza 469 mu gihe rwacaga izindi ku mpuzandengo y’imanza 71 buri kwezi, urubanza rukamarayo impuzandengo y’amezi atandatu.
Urukiko rw’Ubucuruzi rwo rwasigaranye imanza 1.342, ariko rwacaga izindi ku mpuzandengo y’imanza 262 buri kwezi, urubanza rukamara amezi atanu rutegereje.
Mu Rukiko Rukuru n’Ingereko zarwo, hasigaye imanza 11.721 kandi izaciwe zacibwaga ku mpuzandengo y’imanza 820 buri kwezi ariko urubanza rwamaragayo amezi 14 kugira ngo rugerweho.
Inkiko zisumbuye zasigaranye imanza 12.875, ariko zaciye izindi ku mpuzandengo y’imanza 2.762 buri kwezi, urubanza rukamarayo amezi atanu.
Inkiko z’Ibanze ni zo zasigaranye imanza nyinshi, zingana na 13.074, mu gihe izaciwe zari ku mpuzandengo y’imanza 6.196 buri kwezi naho mu gihe urubanza rushobora kumara amezi abiri rutegereje kugerwaho mu gihe byakomeza kuri uyu muvuduko.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!