00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musanze: Isomwa ry’urubanza ruregwamo umuganga ukekwaho gusambanya no kwica umukobwa w’imyaka 17 ryasubitswe

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 6 April 2022 saa 07:17
Yasuwe :

Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwasubitse isomwa ry’urubanza Ubushinjacyaha buregamo umuganga witwa Maniriho Jean de Dieu uregwa gusambanya umukobwa w’imyaka 17, gushaka kumukuriramo inda no kumwica.

Ni mu rubanza rwaburanishijwe mu mizi ku wa 8 Werurwe 2022, rwanzura ko ruzasomwa kuri uyu wa Gatatu, tariki 6 Mata 2022, na,bwo rurasubikwa rwimurirwa ku wa 28 Mata 2022, saa cyenda z’igicamunsi.

Isubikwa ry’uru rubanza ngo ryatewe n’uko umucamanza warukurikiranye arwaye maze rwimurirwa ku yindi tariki.

Iri somwa ry’uru rubanza ryari ryitabiriwe n’abo mu miryango y’ababuranyi bombi ariko mu rukiko ntihagaragaramo uregwa ukurikiranywe afunzwe ndetse n’abamwunganira mu rubanza hamwe n’uruhande rw’Ubushinjacyaha ntibagaragaye ku Rukiko.

Maniriho aregwa ibyaha bitatu byo gusambanya umwana, kugerageza gukuriramo undi inda n’ubwicanyi bukozwe ku bushake yakoreye Iradukunda Emelance w’imyaka 17. Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa burundu.

Mu iburanisha ryabaye ku wa 8 Werurwe 2022, ku cyaha cy’ubwicanyi bugambiriwe, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko hari ibimenyetso bishinja Maniriho ngo kuko akimara gufatwa ababishinzwe bagiye gusaka iwe bahasanga umugozi usa neza n’uwari uziritse ku maguru, amaboko no mu ijosi ry’umurambo wa Iradukunda ubwo watoragurwaga mu murima w’ibishyimbo by’umuturage ku wa 2 Ugushyingo 2020.

Muri uko gusaka Maniriho ngo iwe habonetse umukeka uriho amaraso atabashije gusobanura iby’inkomoko yayo ubwo yabazwaga n’Ubugenzacyaha, ndetse ngo habonetse inyundo bikekwa ko na yo yayifashishije mu kwica Iradukunda.

Ubushinjacyaha kandi bwagaragaje ko iperereza n’ipimwa byakorewe muri Rwanda Forensic Laboratory byagaragaje ko amaraso yagaragaye ku mukeka yapimwe bagasanga amwe afitanye isano na Iradukunda andi afitanye isano na Maniriho.

Ibi ni byo Ubushinjacyaha bwashingiyeho busaba Urukiko kwemeza ko iki cyaha gihama Maniriho no kumuha igihano kiremereye kurusha ibindi cyo gufungwa burundu.

Maniriho Jean de Dieu yavuze ko ibyaha aregwa byose abihakana ndetse ko n’inyandiko yakorewe n’Ubugenzacyaha atayemera.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages