Aba bombi batawe muri yombi tariki 11 Ukwakira 2023, nyuma y’aho hamenyekanye amakuru ko umwana w’imyaka ibiri n’igice witwa Iradukunda Aliane wari waraye abuze, yabonetse mu rugo rwabo yapfuye.
Kuri ubu dosiye y’abo bantu yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze na bwo bwatangiye kubabaza ngo buregere urukiko nk’uko umushinjacyaha wakiriye iyo dosiye abyemeza.
Amakuru IGIHE yamenye ni uko mu ibazwa ryo mu Bugenzacyaha, uwo mugore yemeraga icyaha cyo kwica umwana bitewe n’ibibazo we n’umuhungu we babanje kugirana n’uwitwa Irankunda Eliazar, ari na we se w’umwana wishwe.
Ni nyuma yo gufatira uwo muhungu w’uyu mugore mu cyuho yiba ibigori mu murima w’abaturanyi, akamutangira amakuru bombi bagacibwa amande y’ibihumbi 35 by’ubwishyu bw’ibyo bigori yari yibye, ari naho bahereye bamuhigira bamubwira ko bazamwihimuraho.
Umuhungu w’uwo mugore ubwo yari mu Bugenzacyaha yemeye iby’uko yishe umwana akoresheje isuka ariko ubwo yageraga mu Bushinjacyaha yahinduye imvugo kimwe na nyina avuga ko yateye umwana ibuye akagwa hasi bikamuviramo guhita apfa.
Aba bombi bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu bwicanyi buturutse ku bushake, kikaba ari icyaha gihanwa n’ingingo ya 107 y’Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange; riteganya ko umuntu wishe undi abishaka ahanishwa igifungo cya burundu.
Ariko iyo uwakoze icyo cyaha cyangwa se umufatanyacyaha ari munsi y’imaka 18 kandi arengeje imyaka 14, agabanyirizwa ibihano ku mpamvu nyoroshyacyaha bigenwe n’umucamanza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!