00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Isomwa ry’urubanza rwa Urayeneza na bagenzi be ryasubitswe

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 24 February 2022 saa 11:15
Yasuwe :

Urukiko Rukuru, Urugereko Rushinzwe kuburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka, ruri i Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda rwasubitse isomwa ry’urubanza rw’ubujurire ruregwamo Urayeneza Gérard wahoze ayobora Kaminuza ya Gitwe ndetse na bagenzi be.

Iri somwa ry’urubanza ryari riteganyijwe kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Gashyantare 2022 ryasubitswe kubera ko urukiko rutararangiza kwandika imyanzuro yarwo.

Urukiko rwavuze ko rwasubitse isomwa ry’urubanza kuko umucamanza mushya winjiye muri dosiye yahuye n’ikibazo cy’uburwayi bituma atinda gusoma dosiye yose, gusa nyuma amaze gukira yarayisomye ariko bitinza kuwandika.

Urukiko rwatangaje ko urubanza ruzasoma tariki ya 31 Werurwe 2022 saa tanu z’amanywa.

Urayeneza Gérard yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga gufungwa burundu kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ahita ajurira mu Rukiko Rukuru.

Uyu mugabo akekwaho icyaha cya Jenoside no kuzimiza ibimenyetso by’amakuru byerekeye Jenoside. Mu kuburana kwe byose yarabihakanye.

Mu bareganwa na we harimo Nyakayiro Samuel, Rutaganda Dominique, Nsengiyaremye Elisée, Munyampundu Kinihira Léon na Ruganizi Benjamin uburana adahari nyuma yo gutoroka ubutabera.

Inyubako ikoreramo Urukiko Rukuru, Urugereko Rushinzwe kuburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .