00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Urubanza rwa Urayeneza Gérard na bagenzi be rwongeye gusubikwa

Yanditswe na Akimana Jean de Dieu
Kuya 6 January 2022 saa 02:52
Yasuwe :

Urukiko Rukuru, Urugereko Rushinzwe Gukurikirana Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka, ruri i Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda rwongeye gusubika urubanza rw’ubujurire ruregwamo Urayeneza Gérard wahoze ayobora Kaminuza ya Gitwe ndetse na bagenzi be.

Uru rubanza rwari ruteganyijwe kuburanishwa kuri uyu wa Kane, tariki ya 6 Mutarama 2022 rwasubitswe kubera umucamanza mushya ugomba kwinjira muri uru rubanza wasabye kubanza gusoma dosiye n’amabwiriza atemerera abagororwa gusohoka muri Gereza mu gihe hari umutangabuhamya mushya wagombaga kumvwa.

Ku itariki ya 29 Ukuboza 2021 nabwo rwarasubitswe ku mpamvu z’uko hari umwe mu bacamanza bagize Inteko Iburanisha uru rubanza wazamuwe mu ntera akajyanwa mu Rukiko rw’Ikirenga.

Uyu munsi nabwo urukiko ruburanisha uru rubanza rwandikiye abarurimo bunganira abaregwa ndetse n’ababuranyi ko rutakibaye.

Uru rukiko rwakomeje rubagaragariza ko ubuyobozi bwa Gereza bafungiyemo ya Muhanga yamenyesheje urukiko ko amabwiriza mashya atemerera abagororwa gusohoka.

Gereza kandi yabasabye ko bishobotse iri buranisha ryaba hifashishijwe ikoranabuhanga ariko inteko iburanisha uru rubanza ivuga ko itari yiteguye kuruburanisha kuko bibanza gutegurwa mbere n’Urukiko.

Mu butumwa buri mu ikoranabuhanga ritangirwamo ibirego n’imyanzuro kandi hagaragaramo indi ngingo y’uko mu iburanisha ry’uru rubanza hagombaga kuzamo umutangabuhamya mushya gusa ntitwamenye niba ari ku ruhande rwa Urayeneza na bagenzi be bakurikiranwe cyangwa akaba ari uw’Ubushinjacyaha.

Indi ngingo yatanzwe n’Inteko Iburanisha yatumye uru rubanza rusubikwa ni uko muri iyi dosiye hajemo undi mucamanza mushya ugomba kubanza gusoma neza iyi dosiye.

Urayeneza Gérard yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga gufungwa burundu kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu mugabo akekwaho icyaha cya Jenoside no kuzimiza ibimenyetso by’amakuru byerekeye Jenoside. Mu kuburana kwe byose yarabihakanye.

Mu bareganwa na Urayeneza Gérard harimo Nyakayiro Samuel, Rutaganda Dominique, Nsengiyaremye Elise, Munyampundu Kinihira Léon na Ruganizi Benjamin uburana udahari nyuma yo gutoroka ubutabera.

Uru rubanza rwimuriwe tariki ya 11 Mutarama 2022 Saa 9:00 nk’uko bisanzwe ku cyicaro cy’uru rukiko ruherereye i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.

Urubanza rwa Urayeneza Gérard na bagenzi be rwasubukuwe, abaregwa basaba urukiko gusuzumana ubushishozi ubuhamya bwatanzwe burimo n'ubw'abivuguruje

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages