Bamwe muri abo baturage bavuga ko barenganyijwe ahanini bigizwemo uruhare n’abahesha b’inkiko.
Kanyabutembo Virginie, yavuze ko yatunguwe no kubona urukiko rwemeza ko asangiye inzu n’umugabo wari waramutaye, umuhesha w’inkiko akayigurisha.
Ati “Nagiye muri Amerika leta imaze kumpa ikibanza nk’umugore wibana nubakamo inzu ariko naje gutungurwa n’uko uwahoze ari umugabo wanjye yayiyanditseho, niyambaje inkiko birangira bayitwanditseho twembi."
Kanyabutembo yavuze ko umugabo yaje gusaba ko iyo nzu igurishwa kugira ngo abeneho umugabane we (50%), umuhesha w’inkiko ayigurisha miliyoni 27 Frw kandi ifite agaciro ka miliyoni 80 Frw. N’ubu turi mu nkiko.”
Iyamuremye Jean Marie Vianney we yavuze ko yaguze inzu agatungurwa arimo kuyisohorwamo n’umuhesha w’inkiko abwirwa ko yaguze n’utabifitiye ububasha.
Ati “Njyewe naguze inzu n’umukobwa wasigaranye imitungo yo kwa sekuru anabifitiye ibyangombwa nyuma nibwo haje umugabo avuga ko ahagarariye abana ba nyiri imitungo. Yavuze ko naguze n’utemewe bamvanamo ndanga baramfunga abana n’umugore bazerera hanze kugeza ubwo umugore apfuye. Leta yadufasha rwose turi benshi baguze n’uriya mukobwa yari afite ibyangombwa.”
Ubuyobozi bwa koperative y’abarobyi b’isambaza mu Kiyaga cya Kivu (COOPILAK) na bwo buvuga ko yahuye n’uruva gusenya ubwo umuhesha w’inkiko yatezaga cyamunara ibikorwa byayo birimo inzu ziri ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu bikagurwa miliyoni 69 Frw mu gihe yari imitungo ifite agaciro ka miliyoni 300 Frw.
Kuri ubu umugenzuzi w’inkiko yemeje ko uru rubanza rurimo akarengane asaba ko rwasubirishwamo ariko umuhesha w’inkiko yahise ava mu gihugu nyuma yo guhagarikwa.
Ikibazo nk’iki cyanagaragajwe na Uwera Bikumbi Providence wavuze ko imitungo yabo yatejwe cyamunara hashingiwe ku kuba byaremezwaga ko umubyeyi we Bikumbi Raphael yakatiwe n’Urukiko Gacaca rw’Umurenge wa Cyambara mu yahoze ari Komine Mutura.
Amakuru yatanzwe n’iyahoze ari Komisiyo yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yagaragaje ko uru rubanza rutabayeho; kuri ubu Umuhesha w’Inkiko witwa Niyonsenga Jean Baptiste akaba afunzwe kubera iyi dosiye gusa hibazwa uko iyi mitungo izasubizwa beneyo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko, Balinda Anastase, yavuze ko ibibazo biri muri za cyamunara atari rusange mu gihugu hose kandi ko abafite amakosa bahagarikwa.
Ati “Ibi bibazo ntabwo ari rusange mu gihugu hose ni umwihariko, numvaga byakabajijwe abavugwaho iyo mikorere kuko usibye Niyonsenga Jean Baptiste wasabiwe igihano cyo kwirukanwa kubera amakosa akomeye yakoze nyuma akanafungirwa ibindi byaha na Sebahire Roger David wirukanwe burundu, izindi dosiye zo zigomba kuba zikiri mu nkiko kandi twirinda kugira icyo tuvuga ku manza zikiburanishwa.”
Mu Ukwakira 2015, abahesha b’inkiko 15 bahagaritswe ku mirimo yabo bazira imikorere idahwitse. Muri Nyakanaga 2018 nabwo hasohotse iteka rya Minisitiri ryirukana ku murimo w’abahesha b’inkiko batandatu barimo n’abo muri Rubavu kubera amakosa akomeye bari barakoze muri Gicurasi 2018.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!