00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza: Umugereki yajyanywe mu nkiko akekwaho kunekera Iran

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 29 May 2026 saa 08:09
Yasuwe :

Umugereki yajyanywe mu nkiko z’u Bwongereza aregwa ibyaha bifitanye isano no gukorana n’ubutasi bwo hanze bwa Iran nyuma yo kugaragara aneka umunyamakuru wa wa televiziyo ya ‘Iran International’ ikorera mu Mujyi wa Londres.

Uwatangiye kuburanishwa ni Ioannis ‌Aidinidis w’imyaka 46 wavukiye muri Georgia akaba atuye mu Mujyi wa Munich mu Budage. Yatawe muri yombi ku wa 16 Gicurasi 2026.

Umushinjacyaha Daniel Ingham yabwiye Urukiko rw’i Londres mu Bwongereza ko Aidinidis ashinjwa kujya mu Bwongereza inshuro ebyiri muri Mata na Gicurasi 2026, agamije gukurikirana no gukora iperereza ku munyamakuru ukorera Iran International. Iyi televiziyo izwiho kunenga no kwamagana ubutegetsi bwa Tehran.

Aidinidis yafashe amafoto y’imodoka, inzu n’indi myirondoro yerekeranye n’uwo munyamakuru bigakekwa ko yabyohererezaga Iran.

Umushinjacyaha Ingham kandi yavuze ko urugendo rwa kabiri yashyizeho camera yihishe mu giti ku buryo yoherezaga amakuru yafataga ahantu hatazwi.

Ingham yanasobanuye ko ubutumwa bwabonetse muri telefoni ya Aidinidis bugaragaza ko yaterwaga inkunga n’abantu bari mu mahanga, kandi ko hari n’ibindi bimenyetso byerekana ko hagati y’ingendo yagiriye mu Bwongereza, yakoze n’ibikorwa byo gukurikirana ikigo cy’ingabo n’umutekano giherereye mu Butaliyani.

Umugereki yajyanywe mu nkiko zo mu Bwongereza akekwaho kunekera Iran

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages