Maj Ntabakuze yabaye umuyobozi wa batayo y’abaparakomando mu ngabo zatsinzwe (Ex-FAR) kuva muri Kamena 1988 kugeza muri Nyakanga 1994.
Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda (ICTR) i Arusha rwari rwaramuhamije gutegeka abaparakomando kwicira Abatutsi ku musozi rwa Nyanza tariki ya 11 Mata 1994 no mu ishuri rikuru rya IAMSEA ryahoze i Remera, ku wa 15 Mata 1994.
Ahahoze IAMSEA (Institut Efricain et Mauricien de Statistiques et d’Economie) ni ho hakoreye ishuri rikuru nderabarezi (KIE) nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma hahinduka ishami rya Kaminuza y’u Rwanda.
Urugereko rubanza rwa ICTR rwahamije Maj Ntabakuze ibyaha birimo gukora Jenoside, gutsemba no gutoteza nk’ibyaha byakorewe inyokomuntu, rumukatira igifungo cya burundu ariko yarajuriye, tariki ya 8 Gicurasi 2012 akatirwa igifungo cy’imyaka 35.
Nyuma yo gukatirwa, Maj Ntabakuze yoherejwe gufungurwa muri gereza yo muri Bénin hashingiwe ku masezerano yo gufunga abahamijwe ibyaha iki gihugu cyagiranye n’Umuryango w’Abibumbye.
Tariki ya 22 Kamena 2026, Ntabakuze abinyujije ku munyamategeko we, Me Sandrine Gaillot, yandikiye IRMCT ayisaba kumufungura mbere y’igihe, ashingiye ku kuba yararangije bibiri bya gatatu by’igihano yakatiwe nk’uko amahame agenga uru rwego abiteganya.
Ku wa 26 Kamena, Perezida wa IRMCT, Graciela Gatti Santana, yamenyesheje umunyamategeko wa Ntabakuze ko amahame agenga uru rwego ateganya ko utanga ubusabe mu nyandiko aba atagomba kurenza amagambo 3000.
Uyu mucamanza yasobanuye ko iyo bibaye ngombwa ko ayo magambo arenga, utanga ubusabe aba agomba kubisabira uburenganzira muri uru rwego, agasobanura impamvu zumvikanisha uburyo hakwiye kubaho iryo rengayobora.
Graciela yagaragaje ko inyandiko y’ubusabe bwa Ntabakuze yarimo “amagambo 4636 arenze cyane umubare w’amagambo ntarengwa, kandi Ntabakuze ntiyabisabiye uburenganzira cyangwa ngo atange ibisobanura ku mpamvu yatumye biba ngombwa ko arenga.”
Uyu mucamanza yamenyesheje Me Gaillot ko kubera ko we n’umukiliya we batubahirije ibiteganywa n’uru rwego, ubusabe bwabo bwateshejwe agaciro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!