00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umugabo w’i Nyamasheke yishe umugore we, yijyana ku murenge ahobera ibendera

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 17 May 2026 saa 11:17
Yasuwe :

Burindiri Emmanuel wo mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we, nyuma y’aho yijyanye ku biro by’umurenge avuga ko yamusunitse akitura hasi, agapfa.

Byabereye mu Mudugudu wa Mukoto, Akagari ka Karengera, Umurenge wa Kirimbi, Akarere ka Nyamasheke, ubwo uyu mugabo na nyakwigendera Mukarwego Elleda w’imyaka 62 bari bavuye mu kabari.

Uyu mugabo avuga ko we n’umugore we bari biriwe basangira inzoga bageze mu rugo mu ma Saa Mbiri n’Igice z’ijoro, abwira umugore ngo nateke arye arumva ashonje, umugore arabyanga amubwira ko adateka muri iryo joro, dore ko babanaga bonyine mu nzu, ndetse ashimangira ko atabishobora kuko yumvaga yasinze.

Umugabo yabwiye ubuyobozi bw’Umurenge ko yasabye umugore kwinjira mu nzu na byo arabyanga, aramusunika, umugore yikubita hasi, umugabo arakingura arinjira, abona undi ntiyeguka ngo yinjire.

Umugabo yasohotse amukozeho yumva ntanyeganyega, aramuterura amujyana ku buriri, ariko nyuma abona ko yapfuye. Yahise amworosa igitenge, yijyana ku Biro by’Umurenge ahobera ibendera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kirimbi, Uwizeyimana Emmanuel, yavuze ko abazamu babonye umuntu ahobeye ibendera bamuhamagaye, bamubaza impamvu arihobera muri iryo joro ababwira ko amaze kwica umugore we, bamwereka aho aba ari kugeza bukeye akabibwira ubuyobozi bw’umurenge neza.

Ati "Twabajije amakuru dusanga koko umugore yapfuye. Turasaba abaturage kwirinda ubusinzi n’amakimbirane yo mu ngo, bakadutungira agatoki utu tubari twimukiye mu ngo nyuma y’aho dufunze utubari twacuruzaga ibinyobwa bitujuje ubuziranenge".


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages