Icyemezo cy’urukiko ku bujurire bwa Barafinda cyasomye ku wa 12 Werurwe 2026. Barafinda yasomewe adahari.
Ku wa 3 Werurwe ni bwo hatangajwe ko Barafinda n’abo bareganwa barimo Mazimpaka Patrick, Nizeyimana Didier (Mucoma), Japhet Nkeramihigo na Tumukunde bajuririye icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko bafungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Ubushinjacyaha bugaragaza ko mu bihe bitandukanye, Barafinda Sekikubo Fred afatanyije na Mazimpaka Patrick, Nkeramihigo Japhet bahuje umugambi wo kujya bakorana ibiganiro bakabitambutsa ku miyoboro ya YouTube.
Babaga bagamije gutangaza amakuru y’ibihuha, kwangisha rubanda ubutegetsi buriho, bagatizwa umurindi n’abaterankunga bo hanze bumva kandi bakunda ibyo bavuga muri ibyo biganiro.
Ku wa 9 Werurwe 2026 abo bareganwa na Barafinda bo bafungurwa, bagakurikiranwa badafunze.
Mu gihe abo abareganwa na Barafinda barekuwe by’agateganyo ku wa 9 Werurwe 2026, kuri uwo munsi uyu musaza we yaburanye ubujurire bwe ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, mu rubanza rwabereye mu muhezo.
Indi nkuru bijyanye: Abarimo Barafinda na Mucoma bajuririye icyemezo kibafunga by’agateganyo



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!