Uyu mugabo yatawe muri yombi na Polisi yo mu Bubiligi ku wa 28 Gicurasi 2026, nyuma y’uko abaturage batanze amakuru ko muri aka gace hari umugabo uteye ubwoba wagendanaga ishoka mu muhanda rwagati nta cyo yikanga.
Mbere y’uko abapolisi batabara abaturage, babonye ko ateje ibibazo baramufashe ndetse bamutura hasi baza kumenya ko yari yanasinze.
Nyuma polisi yo mu Mujyi wa Antwerp yamutaye muri yombi. Ntiharamenyekana impamvu yari ari kugendana ishoka mu muhanda anagaragaza imyitwarire iteye inkeke.
Ku bw’amahirwe uyu mugabo nta muntu yakomerekeje. Amashusho yabanje guhererekanywa ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane kuri TikTok nyuma aza kuvanwaho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!