Umunsi wahariwe kurwanya gukebwa bikorerwa abagore n’abakobwa wizihizwa tariki ya 6 Gashyantare buri mwaka.
Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko buri mwaka abakobwa bagera kuri miliyoni eshatu bo mu bihugu byiganjemo ibyo muri Afurika bakatwa ibice bigize imyanya yabo y’ibanga, bitewe n’imbaraga nke zishyirwa mu guhangana n’iki gikorwa kinyuranyije n’uburenganzira bwa muntu. Benshi muri bo bakebwa bataruzuza imyaka itanu.
Mu bihugu bimwe na bimwe gukeba umwana w’umukobwa bihanwa n’amategeko ariko bitewe n’umuco ugasanga hari bamwe mu bakobwa bafata umwanzuro wo kubikorerwa kugira ngo bakirwe mu muryango.
Mu kiganiro na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, Umwanditsi Aminata Traoré wigisha ibijyanye no gukebwa muri Côte d’Ivoire, ahabarurwa abagera kuri 40% bakebwe, yavuze ko hari aho abatarabikorewe bagirwa ibicibwa mu miryango, bigatuma umwana w’umukobwa yifatira umwanzuro atamenyesheje n’ababyeyi be.
Ikibazo cyo gukeba abakobwa ntikiri muri Afurika gusa kuko no mu bihugu birimo Indonésie, Yemen na Iraq hagaragara abagore bagiye bakorerwa uyu mugenzo ufatwa nko kubangamira uburenganzira bwabo bw’ibanze.



















TANGA IGITEKEREZO