Ibi bibaye nyuma y’uko basuzumwe bagasanga bafite uburwayi bw’amaso. Bamwe mu bazihawe baganiriye na IGIHE, bavuze ko zije gukemura ikibazo cyo kutabona bari bafite.
Hakizimana Théoneste, Umujyanama w’ubuzima mu murenge wa Mbazi yavuze ko yajyaga agorwa no kwandika umurwayi uje amugana ashaka ubuvuzi bw’ibanze atanga kandi ari ingenzi.
Ati “Mu busanzwe navunwaga no kwandika mu gitabo cy’abarwayi bazaga bangana kuko amaso yanjye atari akibona neza. Iyo narebaga mu gitabo nabonaga inyuguti ari nk’uturongo duto none ndabona neza”.
Mukashyaka Jacqueline wo mu murenge wa Tumba, yavuze ko mu minsi ishize yatangiye kujya agorwa no gusoma,akabona ibintu byinshi bicucitse bitabona, hakabaho n’igihe abireka akarindira abana be ngo bamwunganire mu kwandika abaje gusaba serivisi.
Yagize ati “Ni iby’agaciro gakomeye kuba tubonye aya madarubindi. Tuzayafata neza kandi azatworohoreza kongera kubona neza.”
Umuyobozi w’akarere ka Huye wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kankesha Annonciata yavuze ko akamaro k’abajyanama b’ubuzima ari ntasimburwa, ari nayo mpamvu bahisemo kubafasha kubona indorerwamo z’amaso ku bafite ibibazo byo kutabona neza.
At “Abajyanama b’ubuzima tubasaba byinshi muri gahunda za Leta cyane cyane iz’ubuzima. Ibipimo byinshi dukoresha bihera kuri bo. Kuba twasanga hari abatabona neza, byaba ari ikibazo ari nayo mpamvu mukwiye ubufasha mukabasha kubona neza.”
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), byanatanze ubu bufasha bw’indorerwamo z’amaso, Prof.Dr Twagirimugabe Théogene, yasabye abajyanama b’ubuzima kuba intumwa nziza, bagashishikariza abaturage bafite ibibazo by’amaso kugana amavuriro kuko hari inzobere ziteguye kubafasha.
Ubuyobozi bwa CHUB bugaragaza ko mu barwayi 5000 bwakira mu kwezi baje kwivuza amaso, abarenga 40% bagaragaza uburwayi bw’amaso.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!