00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarenga 1.700 bagize ihungabana mu cyumweru cy’Icyunamo

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 17 April 2026 saa 08:58
Yasuwe :

Umuyobozi ushinzwe Ishami ry’Ubuzima bwo mu mutwe mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr. Gishoma Darius, yagaragaje ko mu cyumweru cy’Icyunamo hakiriwe abantu 1.739 bagize ibibazo by’ihungabana rishingiye ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Dr. Gishoma yagaragaje ko abagize ibibazo by’ihungabana bahitaga bafashirizwa aho bagiye kwibukira ku buryo mu gihe kiri hagati y’iminota 30 n’amasaha abiri byashoboraga gushira bagataha.

Yagaragaje ko abarenga 24% byabaye ngombwa ko boherezwa mu bitaro kugira ngo babashe kwitabwaho kuko ikibazo cy’ihungabana bagize cyabaga gikomeye.

Ati “Abagera kuri 24% byabaye ngombwa ko babohereza mu bitaro kugira ngo bitabweho gusa hari n’igihe biba ngombwa ko babaha imiti kugira ngo yongere agaruke mu buzima bw’uyu munsi”

Muri abo bagize ibibazo by’ihungabana, abafite hejuru y’imyaka 32 ni bo biganje ku kigero cya 90% mu gihe abari munsi y’iyo myaka bangana na 10%.

Dr. Gishoma yagaragaje ko Umujyi wa Kigali ari wo wagaragayemo umubare munini w’abahuye n’ihungabana mu cyumweru cy’Icyunamo kubera ko hagaragayemo 477 bangana na 27,4%.

Abagaragaye mu Ntara y’Amajyepfo ni 421 bangana na 24%, Uburasirazuba hagaragaye 395 bangana na 22,7%, Uburengerazuba hagaragaye 363 bangana na 20,8% mu gihe mu Ntara y’Amajyaruguru ho ari 83 bangana na 4,7%.

Mu 2025, RBC yagaragaje ko mu cyumweru cy’Icyunamo cyo muri uwo mwaka hakiriwe abantu 2.088 bagize ibibazo by’ihungabana bishingiye ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

RBC igaragaza ko mu 2025 mu mezi atatu yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abantu 4.192 bahuye n’ibibazo by’ihungabana rishingiye ku mateka ya Jenoside.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe indwara zo mu mutwe muri RBC, Dr. Gishoma Darius, yagaragaje ko mu cyumweru cy’Icyunamo hakiriwe abantu 1.739 bagize ibibazo by’ihungabana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages