00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yahaye u Rwanda doze ibihumbi 336 z’inkingo za Covid-19

Yanditswe na Muhonzire Sylvine
Kuya 12 December 2021 saa 05:41
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahaye u Rwanda dose z’inkingo za Coronavirus 336.000 zo mu bwoko bwa Johnson & Johnson zitangwa inshuro imwe umuntu akaba akingiwe byuzuye.

Izi nkingo zageze i Kigali kuri uyu wa 11 Ukuboza 2021, bituma umubare wa dose z’inkingo iki gihugu kimaze guha u Rwanda nk’impano ugera kuri miliyoni 2.3.

Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Peter H. Vrooman yatangaje ko mu byumweru bike biri imbere iki gihugu kizongera kigaha u Rwanda izindi doze z’inkingo miliyoni eshatu binyuze muri gahunda ya Covax igamije kugeza inkingo kuri bose.

Ambasade y’iki gihugu mu Rwanda ivuga ko impano y’inkingo ari ikimenyetso cyerekana ubushake bwa Amerika ku gukorana n’abaturage ndetse na Guverinoma y’u Rwanda hagamijwe kurengera ubuzima bw’abaturarwanda.

Kugeza ubu abarenga miliyoni 6.8 bamaze guhabwa doze ya mbere y’urukingo mu Rwanda mu gihe abarenga miliyoni 4 bamaze gukingirwa byuzuye.

Intego igihugu cyari cyihaye yo gukingira 30% by’abaturarwanda bitarenze 2021 yamaze kugerwaho ndetse gifite intego y’uko umwaka wa 2022 uzarangira hamaze gukingirwa 70% by’abanyarwanda bemerewe gufata inkingo za Covid-19.

Amerika yahaye u Rwanda izindi doze z'inkingo za Covid-19 ibihumbi 336

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages