00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bugesera FC yabonye umuterankunga uzayiha miliyoni zisaga 180 Frw

Yanditswe na Manzi Rema Jules
Kuya 27 August 2018 saa 09:50
Yasuwe :

Ikipe y’Akarere ka Bugesera yasinyanye amasezerano n’ikigo gicuruza Gas zitekeshwa cya Safe Gas, nk’umuterankunga izajya yambara ku myenda mu gihe cy’imyaka itanu, kikazayishyura miliyoni zisaga 180 Frw.

Bugesera FC ni imwe mu makipe y’uturere yamaze kumenyeshwa ko guhera mu mwaka utaha w’imikino, azagabanyirizwa inkunga yahabwaga n’Akarere, ikazajya ihabwa miliyoni 60 Frw mu gihe yabonaga miliyoni 120 Frw ku mwaka.

Mu gushaka izindi nzira z’uko izabaho, kuri iki Cyumweru iyi kipe yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo Safe Gas azamara imyaka itanu, buri kwezi ikazajya ihabwa miliyoni eshautu z’amafaranga y’u Rwanda, azahura na miliyoni 180 Frw mu myaka itanu.

Aya mafaranga azajya yiyongera bitewe n’uko abatuye Akarere ka Bugesera bazajya bagura ibicuruzwa bya Safe Gas.

Nyuma yo gusinya aya masezerano, Perezida wa Bugesera FC Gahigi Jean Claude yatangarije abanyamakuru ko ari intambwe ikomeye kandi izafasha iyi kipe kurushaho kwitwara neza no gushimisha abaturage.

Yagize ati “Safe gas iziye igihe kuko haje impinduka nyinshyi ku mafaranga yagenerwaga amakipe y’uturere mwese murabizi, bitewe n’umurongo w’igihugu. Gusa ntekereza ko icyari gikenewe cyane ari uko amakipe yashaka amikoro mu bafatanyabikorwa kandi cyatangiye kugerwaho."

Gahigi yavuze ko atari Safe Gas gusa ahubwo iyi kipe ishobora kubona n’abandi baterankunga, by’umwihariko aha ikaze ibigo bikorera mu Karere ka Bugesera byifuza gufatanya n’iyi kipe.

Mugabo Liban wasinye amasezerano ku ruhande rwa Safe Gas yavuze ko intego yabo ari ukugira uruhare mu gushakira ibyishimo abaturage kuko ari nabo bakiliya b’ibicuruzwa by’iki kigo.

Bugesera FC itaritwaye neza mu mwaka ushize aho yasoje ari iya 11 ikanahindagura abatoza cyane kubera umusaruro mubi, yamaze no gusinyisha Seninga Innocent wahoze atoza Police FC amasezerano y’umwaka umwe.

Mugabo Liban wasinye amasezerano ku ruhande rwa Safe Gas
Nyuma yo gusinya amasezerano Gahigi yatangarije abanyamakuru ko ari intambwe ikomeye izafasha Bugesera FC kubaho neza no kwitwara neza mu kibuga
Perezida wa Bugesera FC Gahigi Jean Claude, ashyira umukono ku masezerano y'ubufatanye na Safe Gas
Amasezerano ya Safe Gas na Bugesera FC azamara imyaka itanu

Amafoto: Bugesera District


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages