Tariki ya 12 Gicurasi nibwo icyorezo bwa Ebola cyavuzwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho imaze guhitana abantu batatu.
Nubwo abaturage basabwe gutuza ko atari ikintu giteye inkeke cyane, ubu noneho hitabajwe urukingo mu guhagarika ikwirakizwa ryacyo mu gihe hari abantu 52 bamaze kugaragaza ibimenyetso byayo.
Nubwo nta rukingo rwemejwe nk’urugenewe kurwanya iyi ndwara, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) ryatangaje ko urukingo rwiswe rVSV-ZEBOV rutanga amahirwe yo kwirinda kuyikwirakwiza nk’uko igereragezwa ryakozwe muri Guinea ryagaragaje ko mu minsi icumi gusa mu bayikingiwe nta kimenyetso cyayo bigeze bagaragaza.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima muri Congo, Jonathan Simba, yatangarije Reuters ko Abaganga batagira umupaka (Medecins sans frontiers) bazagera muri icyo gihugu kugira ngo babafashe mu gikorwa cyo gukingira.
Ati “ Ubu noneho byemejwe. Uyu munsi [ku wa Mbere] hari itsinda ry’abaganga batagira umupaka baza kugera mu gihugu mu gukurikirana icyo gikorwa bafatanyije n’itsinda ryacu.”
Uru rukingo rurakenewe cyane muri Congo kuko hari abantu 400 bafite aho bahuriye n’umuntu wagaragaje Ebola bashyizwe mu kato kubera gukekwaho iyo ndwara.
Nubwo Congo yamaze kwemererwa kuba yakoresha urukingo rwa Ebola ngo ntabwo birasobanuka neza ku bazaruhabwa n’ibizakurikizwa.
Nta gihe gishize icyorezo cya Ebola kibasiye ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika nka Liberia, Sierra Leone na Guinea aho Ebola yishe abasaga ibihumbi 11.
Indwara ya Ebola irangwa no kuvira imbere no guhinda umuriro, iterwa n’Agakoko ka Ebola.
Ibimenyetso nyir’izina byayo bitangira kugaragara guhera ku minsi ibiri kugera ku byumweru bitatu umuntu yandujwe n’ako gakoko; akagira umuriro, akababara mu muhogo, akaribwa mu mitsi no kurwara umutwe. By’umwihariko agira iseseme, akaruka kandi agahitwa ibikurikirwa no gucika intege k’ umwijima n’ impyiko. Iyo indwara igeze kuri urwo rwego, abantu bamwe batangira kuvirirana amaraso.
Ako gakoko gashobora kwandurira mu maraso cyangwa mu matembabuzi ava mu mubiri w’inyamaswa yanduye (akenshi kaboneka mu nkende cyangwa mu ducurama).



















TANGA IGITEKEREZO