00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hasabwe ko imyumvire mibi y’uko akazi k’umugore ari ukubyara, irwanywa

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 12 October 2023 saa 10:17
Yasuwe :

Kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukwakira ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umukobwa, hasabwe ko imbaraga nyinshi zishyirwa mu guhindura imyumvire cyane cyane abacyumva ko akazi k’umugore ari ukubyara.

Hagaragajwe ko umwana w’umukobwa afite amahirwe nk’ay’abahungu, icyo asabwa ari ukwigirira icyizere, agakora cyane kugira ngo agere ku ntego n’ejo hazaza heza.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka 2023 igira iti "None nitwe:Uburenganzira bwacu, ejo heza”.

Umuhoza Jeannette wiga mu rwunge rw’amashuri rwa Kagugu, yavuze ko abana b’abakobwa badakwiye guha umwanya ababashukisha impano zitandukanye ngo babicire ejo heza.

Umuyobozi wa AHF-Rwanda Dr. Rangira Lambert, yasabye ko imyumvire ivuga ko umwana w’umukobwa akwiye guharirwa imirimo yo mu rugo wenyine irwanywa kuko idindiza iterambere rye.

Inzobere mu by’ubuzima bw’imyororokere, Dr Mujawamariya Gisele yasabye ababyeyi kwita ku burere bw’umwana kandi bakabikora ku bana bose baba abahungu n’abakobwa.

Yagaragaje ko abagera kuri 7% baterwa inda bakiri abana bagahura n’ingaruka zirimo gupfa babyara, kurera imburagihe nta bushobozi bafite, gutereranwa n’imiryango yabo ibi bikagira uruhare mu kuzamura imibare y’abana bajya mu muhanda.

Umunsi w’umwana w’umukobwa wizihijwe mu gihe u Rwanda rugihanganye n’ibibazo by’abangavu baterwa inda, abava mu ishuri imburagije, imyumvire ikiri hasi n’ibindi.

Miss Kalimpinya Queen ari mu bishimiye ibyakozwe mu guteza imbere abakobwa
Abakobwa bagaragaje ko hari ibikibabangamira, bikwiriye gufatwaho umwanzuro kugira ngo ejo habo habe heza
Abana b'abakobwa babyina, bishimira amahirwe Leta igenda ishyiraho ngo uburenganzira bwabo bwubahirizwe
Umuyobozi w’umuryango AHF-Rwanda Dr. Rangira Lambert yagaragaje ko imyumvire y'uko abakobwa akazi kabo ari ukubyara ikwiriye guhinduka burundu
Uyu munsi w'umwana w'umukobwa wizihirijwe hirya no hino mu Rwanda. Aha ni muri GS Kagugu mu mujyi wa Kigali
Bamwe mu bakobwa bashimye ibimaze gukorwa mu guteza imbere uburenganzira bwabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages