00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibitaro by’amaso byo mu ndege bigiye gutangira gukorera mu Rwanda

Yanditswe na Isabwe Fabiola
Kuya 14 July 2025 saa 07:23
Yasuwe :

Umuryango Orbis International wita ku barwayi b’amaso mu bihugu bitandukanye ku Isi ku bufatanye n’Ibitaro bya RIIO, batangiye gutanga amahugurwa ku banyeshuri n’abaganga bazafasha mu gutanga ubuvuzi mu bitaro bikorera mu ndege bizwi nka ‘Flying Eye Hospital’.

Ni ibitaro bizakorera mu Rwanda mu gihe kingana n’ibyumweru bibiri aho bizatangira ku wa 21 Nyakanga kugeza ku wa 03 Kanama 2025 ubuvuzi bukazajya butangirwa ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali.

Umuyobozi w’ibitaro bya RIIO, Prof. Ciku Mathenge, yavuze ko icyo ibyo bitaro byo mu ndege bizaba bije gukora ari ugufasha mu kuvura abarwayi b’amaso batandukanye.

Ati “Iyo Orbis ije mu gihugu, icya mbere bakora ni ugutanga ubufasha aho babisabwe, rero icyo bitaho cyane ni ukuvura kuko hano nta nararibonye zihagije mu kuvura amaso dufite.”

Prof. Mathenge kandi yavuze ko Orbis izafasha abaganga bakiri bato kubaha amahugurwa, yongeraho ko hari 16 batangiye aho bahugurirwa kuri RIIO nyuma bakajya gutanga serivisi ku bitaro bitandukanye.

Abarwayi bazavurwa ni abafite ibibazo by’ishaza, imirari, abakeneye inyunganirangingo, ndetse n’uburwayi bw’amaso bufata abana. Bakazavurwa hakoreshejwe ikoranabuhanga rigezweho.

Mu gihugu hose hari abahanga mu kuvura amaso (ophthalmologists) bangana na 30 gusa, bita ku bantu bagera kuri miliyoni 14 ni ukuvuga abaganga babiri baha serivisi abarwayi bangana na miliyoni 1. Mu bitaro 42 biri ku rwego rw’akarere, birindwi gusa ni byo bifite umuganga w’inzobere mu kuvura amaso.

Ibitaro bikorera mu ndege bizamara ibyumweru bibiri mu Rwanda ku kibuga mpuzamahanga cy'indege cya Kigali
Mu buvuzi buzatangwa harimo kuvura ishaza, imirari n'ubundi
Ni ubuvuzi bw'amaso buzakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho
Prof. Ciku Mathenge yavuze ko icyo ibyo bitaro bizakora bari ukuvura abarwayi b’amaso batandukanye
Abaganga bato mu kuvura amaso bazahabwa amahugurwa ku bijyanye no kuvura amaso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages