Ibi byatangarijwe mu nama nyunguranabitekerezo yahuje abadepite bagize ihuriro riharanira imibereho myiza y’abaturage, RPRPD ndetse n’Umunyamabanga wa leta muri Minisante ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Dr. Mpunga Tharcisse, yabaye ku wa 28 Mutarama 2021.
Aba badepite bagaragaje ko mu mavuriro y’ibanze hagaragaramo ibibazo byinshi birimo imitangire mibi ya serivisi, umubare muto w’abakozi, kubura imiti n’ibikoresho byo kwa muganga, imicungire idahwitse ndetse no gutanga serivisi zidahagije nk’uko The New Times yabitangaje.
Ubusanzwe aya mavuriro yashyizweho kugira ngo ajye afasha abaturage kubona serivisi z’ubuzima z’ibanze mu tugari batuyemo, zirimo izirebana n’imikurire y’abana, ubujyanama ku bagore batwite, ubuvuzi bworoheje n’ibindi nk’ibyo.
Abadepite bagaragaje ko bimwe mu bituma izi serivisi zidatangwa neza harimo kuba aya mavuriro atinda kubona inkunga ya leta no kuba ahabwa ingengo y’imari idahagije n’ibigo by’ubwishingizi kuko usanga amafaranga bakenera kugira ngo bite ku barwayi neza ari menshi ugereranyije n’ayo babona.
Amavuriro nahabwa imicungire mishya, byitezwe ko azajya agenererwa amafaranga y’inyongera ayafasha kwihaza.
Ibi bizayafasha gukomeza gutanga serivisi no gukora igenamigambi rirambye bitandukanye na mbere kuko byasabaga ko abanza gutegereza amafaranga atangwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) ku bakoresheje ubwisungane mu kwivuza.
U Rwanda rufite postes de santé 1157 zirimo 588 zicungwa na leta naho 569 zicungwa n’imiryango itegamiye kuri Leta.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!