00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imiterere ya Kigali Health City, icyanya cy’ubuvuzi cyashyizwe i Masaka (Amafoto)

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 23 October 2023 saa 11:18
Yasuwe :

Tariki ya 7 Ukwakira 2023, Masaka yo mu Karere ka Kicukiro yibarutse imfura mu mishinga migari y’ubuvuzi bugezweho ihanzwe amaso n’igihugu ndetse na Afurika yose muri rusange.

Umushinga wabimburiye indi mu yateganyirijwe iki cyanya cy’ubuvuzi mu Mujyi wa Kigali [Kigali Health City] ni uwa IRCAD Africa. Iki kigo gishamikiye ku Kigo cy’Abafaransa gikora Ubushakashatsi kikanatanga amasomo mu kubaga umuntu hifashishijwe ikoranabuhanga, IRCAD France.

IRCAD izobereye mu gukora ubushakashatsi mu byo kubaga hibandwa ku ndwara za kanseri zifata imyanya yo mu nda kandi bigakorwa bitabaye ngombwa ko hafungurwa igice kinini cy’umubiri (minimally invasive surgery). Cyifashisha ikoranabuhanga rya ‘Robot’ na Camera mu kubaga umuntu ku buryo bituma agira uburibwe buke kandi agakira vuba.

Icyicaro cya IRCAD Africa cyashyizwe i Masaka, agace kagenewe umwihariko wo gushyirwamo ibikorwaremezo by’ubuvuzi bwo ku rwego rwo hejuru.

Ibi biri mu cyerekezo cy’u Rwanda cyo kuba igicumbi cya serivisi zitandukanye n’imishinga itandukanye kuva kuri siporo, ikoranabuhanga, ubukungu kugera no ku buzima ndetse no kubaka ubukerarugendo buzishingiyeho.

Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Amahugurwa ku ndwara ya kanseri ifata urwungano ngogozi, IRCAD Africa, cyamaze gutangira imirimo yacyo mu Rwanda

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin, aheruka kubwira itangazamakuru ko umushinga wo guhuriza hamwe ahatangirwa serivisi z’ubuzima uzafasha mu kuzihutisha no gutanga iziri ku rwego rwo hejuru.

Yavuze ko kuzura kwa IRCAD Africa ari intambwe ikomeye mu gushyira mu bikorwa indi mishinga.

Ati “Twishimiye kubona umushinga wa mbere ushyizwe mu bikorwa kandi twizeye ko bizakomeza kugenda neza. Iki kigo ni umwe mu mishinga myinshi y’ubuzima dufite i Masaka.’’

Muri aka Gace ka Masaka hateganyirijwe ibitaro, ibikorwaremezo bya farumasi, ibya laboratwari, hoteli, amashuri n’ibindi biri muri uwo mujyo.

Minisitiri Dr Nsanzimana yavuze ko “Hari izindi nyubako ziri kubakwa aha ngaha, hari ibitaro bikuru bya Kigali [CHUK] aho bigomba kwimukira, inyubako zigeze kure, hari ikigo kizaba gikora ubushakashatsi, kikanabaga abafite ikibazo cy’umutima ‘Heart Center’, giteganyijwe kuzura umwaka utaha. Hari indi mishinga minini ihari irimo kubaka za laboratwari zikomeye zaba iz’imiti cyangwa izo gupima indwara.’’

Uko Ibitaro bya CHUK bizaba bimeze nibimara kuzura mu mwaka wa 2025

I Masaka kandi hanateganyirijwe kubakwa kaminuza zo ku rwego mpuzamahanga ku buryo hazajya hanatangirwa ubumenyi bw’abacurirwa kuzavamo abaganga b’ahazaza.

Ku ikubitiro, hazashyirwa icyicaro cya Kaminuza itanga amasomo ajyanye n’ubuvuzi n’ubuzima kuri bose, University of Global Health Equity (UGHE), isanzwe ikorera i Butaro mu Karere ka Burera.

Yakomeje ati “Twasanze ari byiza ko aka gace kahinduka icyanya cy’ubuzima aho imishinga yose y’ubuzima yaba ikora ubushakashatsi, iyigisha n’ivura, ireba iby’imiti no gusuzuma ku buryo iza ahantu hamwe.’’

Bitewe n’uko abo mu rwego rw’ubuvuzi bazaba batuye muri aka gace n’abarwayi bahakirirwa n’abarwaza babo biteganyijwe ko hazubakwa hoteli n’inzu bazajya bacumbikamo, amaguriro magari yo guhahiramo n’ahandi bakura serivisi z’ibanze mu buzima.

Dr Nsanzimana ati “Tuzubaka n’inzu zijyanye n’abahakorera, abaganga cyangwa abarwayi n’abarwaza. Aho bashobora kugura ibyo bakeneye, ibibatunga, amashuri y’abana n’ibindi ku buryo umuntu uhakorera cyangwa uhatuye bitaba ngombwa ko azajya yimuka ajya gushaka izindi serivisi kandi zaba ziri aha.’’

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin, yagaragaje ko u Rwanda ruhanze amaso iyubakwa ry'ibikorwaremezo bizatuma rwubaka ubukerarugendo bushingiye ku buvuzi

Kugeza ubu hari kunozwa igishushanyombonera kijyanye n’uburyo icyanya cy’ubuvuzi kizaba kimeze. Ni imishinga izashyirwa ku buso bwa hegitari 100. Kiri gukorwaho n’inzego zitandukanye zirimo Umujyi wa Kigali, Minisiteri y’Ibikorwaremezo, iy’Ubuzima, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere n’abandi bahuriye muri komite ibikurikirana umunsi ku wundi.

Dr Nsanzimana avuga ko igishushanyombonera kizaba gitanga ubwisanzure ku bakeneye serivisi z’ubuvuzi kandi ziboneye.

Ati “Ntiwagira umusigiti cyangwa urusengero hagati y’ibitaro mu gihe washoboraga kugiramo laboratwari. Dukeneye imihanda inyuramo hagati kuko abantu bakeneye aho kunyura. Ni yo nyigo yakozwe kandi igeze ku rwego rushimishije. Igikorwaremezo kizajya muri uyu mujyi kizaba kiri muri uwo murongo.’’

Imishinga ya mbere yatangiye kuganurwa muri Masaka ndetse indi iri gukomanga mu bihe biri imbere.

IRCAD Africa yamaze kuzura yo yatangiye gutangirwamo ubumenyi. Abaganga b’inzobere 60 bo mu bihugu 21, birimo n’u Rwanda, ni bo ku ikubitiro batangiye kwiga muri IRCAD kuva ku wa 2 Ukwakira 2023. Ifite intego yo guhugura nibura abaganga b’inzobere 300 ku mwaka.

Iki kigo gifatanye neza na ‘My Heart Center’, izaba ikora ubushakashatsi, ikanabaga abafite ikibazo cy’umutima. Iki kigo kiri ku buso bwa hegitari 4,4, cyatangiye kubakwa ku wa 29 Ukuboza 2021. Biteganyijwe ko kizuzura mu 2024, gitwaye miliyoni 20$. Kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abantu 1000 bacumbikiwe mu bitaro.

My Heart Center ni ikigo kizaba kivura indwara z'umutima giherereye i Masaka mu Karere ka Kicukiro

Uvuye aho ibi bigo byombi biri ukambuka umuhanda, ni ho hari kubakwa ibitaro bizimurirwamo ibya Kaminuza bya Kigali, CHUK. Imirimo yo kubyubaka yatangiye ku wa 30 Werurwe 2023. Bizuzura mu 2025, bitwaye miliyari 85 Frw.

Igishushanyo mbonera cyabyo kigaragaza ko bizaba bifite inyubako eshatu z’abarwayi zubatse mu buryo bw’amagorofa harimo izigeretse inshuro eshanu. Bizaba bifite kandi inyubako zikorerwamo ubushakashatsi, izo kwigishirizamo n’izindi. Bifite ibitanda 837 n’ubushobozi bwo kwakira abarwayi 2000 ku munsi.

I Masaka kandi hateganyijwe no kubakwa Ikigo cy’Icyitegererezo ku ndwara zitandura na laboratwari zirimo iya Rwanda FDA n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuvuzi, RBC. Ibi bizafasha igihugu mu rugendo rwo gukorera imiti mu Rwanda aho gukomeza kuyitumiza mu mahanga.

  My Heart Center biteganyijwe ko izatahwa mu mwaka utaha

Inyubako za Kigali Health City zatangiye kuzamurwa ndetse "My Heart Center" iteganyijwe kuzura mu 2024
Iki kigo giherereye i Masaka mu Karere ka Kicukiro
Cyitezweho gufasha abajyaga mu mahanga kwivurizayo indwara z’umutima zitandukanye kandi mu buryo buhenze
Kiri kubakwa ku bufatanye bwa Guverinoma y'u Rwanda na The Heart Care and Research Foundation Rwanda
Iki kigo cyitezweho kuvura, guhugura abaganga no gukora ubushakashatsi
Usibye serivisi z’ubuvuzi bw’umutima, iki kigo kizanatangirwamo amahugurwa n’ubushakashatsi ku baganga, abaforomo n’abandi
Iki kigo cyashyizwe ku butaka bwa hegitari 4,4
Imirimo yo kucyubaka yashowemo miliyoni 20$
Mu mwaka utaha biteganyijwe ko izi nyubako zizaba zuzuye
Iki kigo kizaba gikora ubushakashatsi, kikanabaga abafite indwara z’umutima ‘Heart Center’. Kizagirira akamaro Abanyarwanda n'Abanyafurika muri rusange
Imirimo yo kubaka iki kigo yatangiye kubakwa ku wa 29 Ukuboza 2021
Kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abantu 1000 bacumbikiwe mu bitaro
Iki kigo cyubatse bigenganye n'imyubakire igezweho
Inyubako zubatse mu bice bitandukanye bitewe n'icyateganyijwe gukorerwamo

  Imirimo yo kubaka ibitaro bya CHUK i Masaka irarimbanyije

Imirimo yo kubaka Ibitaro bya CHUK i Masaka irarimbanyije
Asaga miliyari 85 Frw ni yo yashowe mu mushingwa wo kwagura ibitaro CHUK izimukiramo i Masaka
Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali [CHUK] bizimukira ahahoze ibya Masaka bisanzwe ari iby’Akarere ka Kicukiro. Ibisanzwe byubatswe mu 2013 ku nkunga ya Leta y’u Bushinwa
Umuhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ku hazagurirwa ibitaro wabaye ku wa 30 Werurwe 2023. Biri kubakwa n’Ikigo cy’Abashinwa cya Shanghai Construction Group Co. Ltd
Ibi bitaro bizaba bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 827 mu gihe CHUK yakira abarwayi 400
CHUK nshya izaba ifite inyubako eshatu z’abarwayi zubatse mu buryo bw’amagorofa harimo izigeretse inshuro eshanu
Ibitaro bya CHUK biteganyijwe ko bizuzura mu 2025
Ibi bitaro bifite inyubako zagenewe gukorerwamo ubushakashatsi, izo kwigishirizamo n’izindi
Imirimo yo kubaka iri kwihutishwa ku buryo igihe cyagenwe kizagera byaruzuye
Ibi bitaro byitezweho gutanga serivisi z'ubuvuzi ziri ku rwego rwo hejuru
CHUK ni umwe mu mishinga izaba iri i Masaka, icyanya cyahariwe ubuvuzi
Ibikorwaremezo nk'ibi byerekana umuhate w'u Rwanda wo gushyira imbaraga mu kubaka ubukerarugendo bushingiye ku buvuzi
Hafi y'ibitaro bya CHUK hateganyirijwe indi mishinga migari y'ubuvuzi
Abaturage batandukanye bari mu bungukira mu mirimo yo kubaka ibi bitaro kuko benshi babona akazi kababeshaho bo n'imiryango yabo

  I Masaka, agace kagenewe ibikorwaremezo by’ubuvuzi i Kigali

Masaka ni agace kamaze guturwa cyane mu Mujyi wa Kigali
Mu minsi iri imbere, abaturiye aka gace bazaba bagerwaho na serivisi z'ubuvuzi zo ku rwego rwo hejuru
Icyanya cy'Ubuvuzi cya Kigali cyagenewe kubakwa i Masaka kizaba kiri ku buso bwa hegitari 100
Igishushanyombonera cy'ahazubakwa ibi bikorwaremezo kiri gutunganywa mbere y'uko gishyirwa ahagaragara

Amafoto ya IGIHE: Kwizera Hervé


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages