00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu mu Rwanda zagabanutseho hafi 82%

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 2 July 2026 saa 05:57
Yasuwe :

Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko Igihugu cyateye intambwe ishimishije mu kugabanya impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu, aho mu myaka 25 ishize zagabanutse ku rugero rungana na 81.6%.

Ni ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima, bwashyizwe hanze ku wa 30 Kamena 2026.

Bugaragaza ko mu mwaka wa 2000, ku bana 1.000 bavukaga ari bazima, 196 bapfaga batarageza ku myaka itanu. Icyo gipimo cyaramanutse kigera ku bana 152 mu 2005, gikomeza kugabanuka kigera kuri 76 mu 2010.

Cyakomeje kugabanyuka kigera ku bana 50 mu 1.000 bavutse mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2014–2015, ndetse kigera ku bana 45 mu 2019–2020.

Mu 2025, iki gipimo cyongeye kugabanuka kigera ku bana 36 ku bana 1.000 bavuka batarageza ku myaka itanu.

Bivuze ko u Rwanda rwagabanyije impfu z’abana bato 160 ku bana 1.000 ugereranyije n’uko byari bimeze mu 2000, bikaba bihwanye n’igabanuka rya 81.6%, hafi 82%.

Imibare igaragaza ko impinduka zikomeye zabaye hagati ya 2005 na 2010, aho impfu z’abana zatangiye kugabanuka cyane, zivuye kuri 152 zigera kuri 76 ku bana 1.000 bavukaga ari bazima.

Nubwo bimeze bityo, raporo igaragaza ko urugendo rutararangira, kuko kugeza ubu abana 36 muri buri 1.000 bavuka ari bazima bagipfa batarageza ku myaka itanu, ibintu bigaragaza ko hakiri ingamba zikenewe mu gukomeza guteza imbere ubuzima bw’umubyeyi n’umwana.

Kugabanuka kw’iyi mibare bifitanye isano n’ingamba zitandukanye Igihugu cyagiye gifata, zirimo kongera umubare w’ababyaza no kunoza serivisi z’ubuzima.

Ubushakashatsi bugaragaza ko ababyarira kwa muganga bakomeje kwiyongera ku buryo bugaragara, aho bavuye kuri 25% mu 1992 bagera kuri 98% mu 2025.

Mu 1992, abagore bane muri batanu babyariraga mu rugo cyangwa ahandi hatari mu mavuriro. Mu 2025, hafi abagore bose babyariye kwa muganga, ibintu byagize uruhare rukomeye mu kugabanya impfu z’ababyeyi n’iz’abana bapfa bavuka.

Mu 2000, ijanisha ry’ababyariraga kwa muganga ryari kuri 27%, rikomeza kuzamuka rigera kuri 39% mu 2005, 69% mu 2010, 91% mu 2014–2015, 94% mu 2019–2020, ndetse rigera kuri 98% mu 2025.

Bivuze ko abagore batabyarira kwa muganga mu Rwanda basigaye ari 2% gusa, bikagaragaza intambwe Igihugu kimaze gutera mu kugabanya impfu z’abana n’ababyeyi.

U Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba bimaze igihe bihagaze neza mu kugabanya impfu z’abana, aho mu 2014 Umuryango Mpuzamahanga uharanira uburenganzira bw’abana (Save the Children) wavuze ko abana bavukira mu Rwanda bafite amahirwe menshi yo kubaho ugereranyije n’abandi bo mu Karere.

Icyo gihe, raporo yagaragazaga ko abarenga 70% by’abagore bo mu Rwanda babyariraga mu bigo nderabuzima kandi bakabyara neza mu gihe ibindi bihugu byo mu Karere byari biri inyuma by’umwihariko yari iri ku mwanya wa nyuma kuko abagore 10% baho ari bo byariraga kwa muganga gusa.

Impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu mu Rwanda zagabanutseho hafi 82%

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages